Kenya:Ibintu bikomeje guhindura isura hagati ya Polisi n’abigaragambya

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa gatanu, abapolisi ba Kenya barashe ibyuka bya gaze biryani mu maso nyuma y’uko abayoboke ba Raila Odiga bigaragambije binubira izamuka ry’imisoro ryikubye kabiri muri iki gihugu.Aba batavuga rumwe n’ubutegetsi biraye mu mijyi minini yo hirya no hino mu gihugu bigaragambya ariko Polisi iba maso.

Abagera kuri 17 bahise batabwa muri yombi mu muri Nairobi, abandi 11 barimo abaharanira uburenganzira bwa muntu nabo barafatwa.Amakuru avuga ko abenshi basabaga ko imisoro ihagarikwa ikindi abapolisi babamishemo ibyuka biryana mu maso bagakorwaho iperereza.

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Raila Odinga yise imyigaragambyo yo kwamagana iyongerwa ry’imisoro yashyizweho mu gihe benshi basanzwe bahanganye n’ibiciro biri hejuru y’ibicuruzwa nk’ifu y’ibigori.

Urukiko rukuru rwa Kenya rwategetse ko izamuka ry’imisoro rihagarikwa ariko guverinoma yazamuye ibiciro bya peteroli uko byagenda kose, bituma izindi nkiko ziba ikibazo.

Perezida William Ruto aherutse kwemeza itegeko rigena ko umsuoro kuri ibi bicuruzwa kwikuba kabiri, ukava ku 8% wariho, ukagera kuri 16%.Odinga yavuze ko agiye gushoza imyigaragambyo ibyamagana kugeza bihindutse, kuko iki cyemezo kirindimura rubanda rugufi badafite amikoro.

Barasaba ko ahuwbo ibiciro by’ibicuruzwa by’ibanze bigabanuka, kugira ngo abatishoboye nabo babashe kwisanga ku isoko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *