Real Madrid yashimiye bidasanzwe Christiano Ronaldo intsinzi y'igitego cya 400 ayikinira

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi w’icyamamaremu gitsinda ibitego Christiano Ronaldo yashimiwe bidasubirwaho n’ikipe ye ya Real Madrid nyuma yo kuyihesha intsinzi ku mugoroba wo kuri uyu wa 2 Gicurasi 2017, ariko by’umwihariko iyi kipe ikaba ba yanamushimiye ku myitwarire yo mu kibuga yamuranze guhera mu mwaka wa 2009 ubwo uyu mukinnyi yatangiraga kumenyekana cyane muri iyi kipe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibinyujije ku rubuga rwayo, ikipe ya Real Madrid yagize iti “twishimiye cyane intsinzi y’umukinnyi wacu Christiano Ronaldo, dutekereza ko igitego yatsinzwe ku munota wa 86 w’umukino cyamuhesheje ishema ryo kuzuza ibitego 400, bikaba ari n’ishema kuri twe.”
Iyi kipe ivuga ko ari iby’agaciro kuyitsindira ibitego bingana kuriya bitsinzwe n’umukinnyi umwe mu bihe bitandukanye guhera mu mwaka wa 2009 ubwo uyu mukinnyi yasinyanaga amasezerano na yo avuye muri Fc Barcelona.

Ni mu mukino wari wahuje iikipe ya Real Madrin ndetse na Athletico Madrid, aho iyi kipe ya Rwal yabashije gutsinda ibitego 3-0, byanayihesheje itike yo gukomeza final y’irushanwa rya Champions league, aho uyu mukinnyi yongeye kwigaragaza mu buryo budasanzwe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Christiano Ronaldo, amazina ye bwite, Cristiano Ronaldo dos Santos Aveiro, ni umunyaPortugal wamenyekanye mu mukino w’umupira w’amaguru by’umwuga, yavutse kuwa 5 Gashyantare 1985, akaba apima ibiro 80 n’uburebure mwa metero 1.85.
Akinira Real Madrid icyarimwe n’ikipe y’igihugu cya Portugal akaba afite umwana umwe w’umuhungu, Christiano Ronaldo Jr.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *