APR FC kuri uyu wa Kabiri yatomboye kuzahura na Gaadiidka FC yo muri Somalia, mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league.
Ni nyuma ya Tombola yabereye ku Cyicaro Gikuru cya CAF giherereye i Cairo.
Umukino ubanza hagati y’amakipe yombi uteganyijwe hagati y’itariki ya 18 n’iya 19 Nzeri, mu gihe uwo kwishyura uzaba hagati y’itariki ya 25 n’iya 26 Kanama.
APR FC izakira umukino wo kwishyura.
Ikipe izarokoka hagati y’amakipe yombi izahura na Pyramids FC yo mu Misiri, mu ijonjora rya kabiri rya Champions league.


