Umusirikare kabuhariwe wa Amerika yishwe na Al Shabaab muri Somalia

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kivuga ko umusirikare wacyo kabuhariwe (special forces) yishwe abandi babiri barakomereka mu mirwano n’umutwe wa Al Shabaab.
Urwandiko rwasohowe n’igisirikare cya Amerika, ishami rishinzwe Afurika, rugaragaza ko iyo mirwano yabereye hafi ya Barii, nko ku birometero mirongo itandatu uvuye i Mogadishu, ubwo abo basirikare bafashaga ingabo za leta ya Somalia.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
BBC itangaza ko ari ubwa mbere Amerika yemera ku mugaragaro ko yapfushije umusikare muri icyo gihugu, kuva habaho igikorwa cya Black Hawk Down mu 1993, aho abanyamerika 18 bishwe.
Mu kwezi gushize nibwo Abasirikare kabuhariwe ba Amerika boherejwe muri Somalia, gutanga imyitozi yo kurwanya iterabwoba ku basirikare ba Somalia ndetse n’abandi bari muri iki gihugu bya Afurika yunze ubumwe, boherejweyo kugarura amahoro.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *