Raporo ngarukamwaka ya Loni n’iy’ikigo cy’abanyasuwede gikora ubushakashatsi ku mahoro, igaruka cyane ku mutekano mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, kubera ikibazo cy’umutekano muke ukomeza kugaragara muri ibi bihugu byagiye byongera ku buryo bugaragara ingengo y’imari mu bikorwa bya gisirikare.
Iyi raporo igaragaza uko ibihugu byagiye byongera ingengo y’imari ijya mu bikorwa bya gisirikare muri ubu buryo:
Iki kigo cyerekana ko u Rwanda rwongeye ingengo y’imari ijya mu bikorwa bya gisirikari ikava kuri miliyoni 104 z’amadorali ya Amerika ikagera kuri miliyoni 106 z‘amadolari y’amerika mu mwaka wa 2015.
Naho u Burundi bwongereye ingengo y’imari by’akarusho buva kuri miliyoni imwe y’amadolari y’amerika igera kuri miliyoni 65 z’amadolari ya amerika mu mwaka wa 2016.
Uganda yavanye ingengo y’imari ishorwa mu gisirikare kuri miliyoni 398 z’amadolari ya Amerika ivuye kuri miliyoni 389 u mwaka wa 2015. Iyi raporo ivuga ko Uganda ishobora kongera iyi ngengo y’imari ikagera kuri miliyoni 524.4 z’amadolari ya amerika mu mwaka wa 2017/2018.
Tanzaniya Ingengo y’ibikorwa bya gisirikari yavuye kuri miliyoni 561 z’amadolari ya amerika igera kuri miliyoni 517 z’amadolari ya Amerika mu mwaka wa 2015.
Sudani y’Epfo n’ubwo yugarijwe n’ibibazo by’intambara, yagabanuye ingengo y’imari ikoresha mu bikorwa bya gisirikari iva kuri miliyari 1.14 z’amadolari ya Amerika igera kuri miliyoni 535 z’amadolari ya amerika mu mwaka wa 2016.
Igihugu cya Kenya ngo cyakoresheje miliyoni 908 z’amadolari ya Amerika mu mwaka ushize wa 2016, kivuye kuri Miliyoni 844 z’amadolari ya Amerika cyakoreshaga mu mwaka wari wabanje wa 2015.
Iki kigo SIPRI (Stockholm International Peace Research Institute), kigaragaza ko ugerera ko ibi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba byagabanije ingengo y’imari ho 50%.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uku kwiyongera kw’ingengo y’imari kuri bimwe, cyane cyane mu gihugu cya Kenya mu bikorwa bya gisirikari iyi raporo ibihuza n’amatora ateganijwe muri uyu mwaka wa 2017 mu bihugu bitandukanye cyane cyane Kenya, aho mu kivuga ko izi ntwaro zishobora gukoreshwa mu kuburizamo imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yaba mbere ndetse na nyuma y’amatora y’ umukuru w’igihugu.
Ibi kandi bikaba ari isomo rinava mu gihugu cy’u Burundi cyongereye ingengo y’imari ho miliyono 55 z’amadorali ya Amerika, kuva mu mwaka wa 2015, ubwo hitegurwaga amatora y’umukuru w’igihugu, habaye imvururu nyinshi no gushaka guhirika ubutegetsi.
Izi ntwaro ibi bihugu bihuriye mu muryango EAC bigura, inyinshi zigurwa muri USA. iki kinyamakuru The East Afrika kivuga ko mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2017 mu kwezi kwa 1 iki gihugu cyashyize hanze agaciro k’amasezerano n’ibihugu by’amahanga afite agaciro ka miliyoni 418.
Raporo ya Loni y’umwaka wa 2016 ku bucuruzi bw’intwaro yagaragaje ko igihugu cya isiraheli cyihariye isoko ryo kugurisha intwaro muri Sudani y’Epfo mu mwaka wa 2015. Ubushinwa nabyo byihariye isoko rifite agaciro ka miliyoni 790 mu gihugu cya Kenya muri uyu mwaka wa 2016.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


