Urukiko rwategetse ko Kabuga Félicien arekurwa

Sangiza iyi nkuru

Abacamanza bo mu rukiko rw’ubujurire rwa Loni bategetse ko Félicien Kabuga ucyekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 arekurwa, ndetse urubanza rwe rugahagarikwa kugeza igihe kitazwi.

Ni umwanzuro wafashwe ejo ku wa Mbere tariki ya 07 Kanama 2023.

Uyu mwanzuro uvuga ko urubanza rwa Kabuga wari watangiye kuburanishirizwa i La Haye rutagishojwe.

Muri Kamena uyu mwaka ni bwo abacamanza bo mu rugereko rw’umuryango w’abibumbye rwasigaye ruca imanza zasizwe n’urwari urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rwari i Arusha muri Tanzania (IRMCT), banzuye ko Kabuga adashobora kuburanishwa kubera uburwayi bwo kwibagirwa cyane.

Icyo gihe cyakora bari banzuye ko hakwiye kubaho ubundi buryo bwo kumuburanisha, mbere y’uko abacamanza bo mu rukiko rw’ubujurire banga ubwo buryo bundi.

Aba bacamanza ku wa Mbere batangaje ko ruriya rugereko rwa Loni “rwakoze amakosa yo mu mategeko” ubwo rwagenaga ko Kabuga akwiye kuburanishwa mu bundi buryo bworoheje, nyamara ruzi uko ubuzima bwe bumeze.

Rwavuze ko mu makosa bakoze harimo kuba barahisemo “gusubiza uru rubanza imbere y’iburanisha nyamara bari bafite amabwiriza yo guhagarika iburanisha mu gihe kitazwi, kubera ko Kabuga adafite ubushobozi bwo kuburana.”

Umwanzuro bariya bacamanza bafashe ku wa Mbere uvuga ko “Urugereko rw’ubujurire rwategetse (IRMCT) gusuzuma mu buryo bwihuse ikibazo cy’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Kabuga.”

IRMCT bayitegetse gusuzuma vuba na bwangu igihe Kabuga agomba kurekurirwa.

Abacamanza bavuze ko icyemezo cyabo gishobora “kubabaza abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bategereje igihe kirekire ko ubutabera bwatangwa”, gusa bashimangira ko ubutabera bukwiye gutangwa ari uko habayeho “imanza ziboneye kandi hubahirizwa uburenganzira bw’uregwa.”

Kabuga w’imyaka 87 y’amavuko yafatiwe mu gace ka Asnières-sur-Seine mu Bufaransa hafi y’i Paris rwagati, ku itariki ya 16 Gicurasi mu 2020.

Byari nyuma y’imyaka 25 ashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga.

Mu byaha amaze igihe akurikiranweho harimo kuba umwe mu bashinze radio-televiziyo RTLM yagize uruhare rukomeye mu kubiba amacakuburi yaganishije kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kabuga ahakana ibyo aregwa akavuga ko ari “ibinyoma.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *