Theo Walcott wamamaye mu ikipe ya Arsenal yasezeye Ruhago

Sangiza iyi nkuru

Theo Walcott, umwe mu basore b’indashyikirwa bo mu bwongereza bo mu gisekuru cye,kuri uyu wa gatanu yatangaje ko yasezeye umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga ku myaka 34.

Mu myaka 18 amaze akina umupira, uyu mukinnyi wok u ruhande yakinnye mu makipe arenga 560 muri rusange hakaba harimo amakipe atatu yo mu Bwongereza harimo n’ikipe ya Southampton, Arsenal na Everton ari naho yatangiriye akanosorezamo umwuga we.

Yatsinda ibitego 129,aza no kuba umukinnyi muto uhagarariye Ubwongereza mu bakinnyi mpuzamahanga b’abagabo kandi.Ikindi n’uko ku myaka 19, yatsinze hat-trick mu ikipe yigihugu.

Ubwo yasezeraga kuri ruhago ,Walcott yanditse kuri Instagram agira ati: “Igihe cya mbere nashyizemo inkweto z’umupira w’amaguru mfite imyaka 10, ni intangiriro y’urugendo rwihariye kuri njye.”

“Inkunga neretswe muri iki gihe cyose ni ntangereranywa mu buryo bwose bwatekerezwa kandi ndabishimye rwose. Nasangiye ikibuga cy’umupira w’amaguru n’abakinnyi benshi badasanzwe kandi twakoze ibintu byinshi bitazibagirana.”

Walcot yagiye akora ibikorwa bitandukanye byamugize uwariwe ariko kugira imvune za hato na hato ari nazo zamukomye mu nkokora bigatuma ataboneka cyane.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Theo Walcott wamamaye mu ikipe ya Arsenal yasezeye Ruhago
    Mwakosora ahavuga ngo yakinnye mu makipe arenga 560

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *