Rayon Sports yatangiye shampiyona itsinda Gasogi United ibitego 2-1, mu mukino w’agapingane amakipe yombi yari yahuriyemo kuri uyu wa Gatanu.
Gasogi United yari yakiriye Rayon Sports, mu mukino ufungura shampiyona ya 2023/24 wabereye kuri Kigali Pele Stadium yari yakubise yuzuye abafana.
Ni umukino wari utegerejwe n’abatari bake ahanini bitewe n’amagambo yari yatangajwe na Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’.
Uyu yari amaze iminsi yararahiriye kwambika ubusa Rayon Sports agashyira hanze ubwambure bwayo.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Murera yatangiye yotsa igitutu cyinshi Gasogi United iri imbere n’igitego 1-0.
Umunota wa 13 w’umukino wari uhagije ngo iyi kipe y’umutoza Yamen Zelfani ifungure amazamu ibifashijwemo n’umunya-Uganda Charles Bbale.
Rayon Sports yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 20 w’umukino biciye kuri Youssef Rharb, nyuma y’umupira wazamukanwe n’Umugande Joackiam Ojera awuteye ukurwamo umunyezamu Dauda Ibrahima awukuramo; mbere yo kugarukira uriya munya-Maroc wahise awusonga mu izamu.
Gasogi United nyuma yo gutsindwa igitego cya kabiri isa n’iyakangutse, gusa iminota 45 y’igice cya mbere irangira nta kidasanzwe ikoze.
Igice cya kabiri cy’umukino cyaranzwe n’igitutu ku ruhande rwa Gasogi United, ahanini biciye kuri Kapiteni Malipangou Christian ThĂ©odore cyo kimwe na rutahizamu Maxwell Jumekou.
Kera kabaye iyi kipe yabonye impozamarira ku munota wa 90 w’umukino ibifashijwemo na Malipangou.
Ni igitego uyu munya-CamĂ©roun yatsinze kuri penaliti nyuma y’ikosa yari amaze gukorerwaho mu rubuga rw’amahina na Serumogo Ally Omar.
Rayon Sports yashoboraga kubona igitego cya gatatu ku munota wa nyuma w’umukino, gusa ishoti Charles Bbale yatereye mu rubuga rw’amahina rigarurwa n’igiti cy’izamu.
Gutsinda Gasogi United bitumye Rayon Sports irarana by’agateganyo umwanya wa mbere, mu gihe hagitegerejwe indi mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona izakinwa ku Cyumweru.



One Response
Rayon Sports yatangiye shampiyona itsinda Gasogi United
Rayonsports okey!