RDC: Babiri bakatiwe urwo gupfa, abandi bahanishwa gufungwa imyaka 5

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo rwahamije ibyaha by’ubwicanyi ndengakamere buherutse gukorerwa Abasivile muri Kivu ya ruguru abagabo 4, aho 2 muri bo basabiwe gucibwa imitwe bandi bagahabwa igifungo cy’imyaka 5 buri wese.
Aba bagabo bakurikiranyweho kwica urubozo abaturage mu gace ka Beni muri kiriya gihugu ndetse no kubahohotera.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Colonel Jean-Paulin Esosa Masele, umuyobozi w’uru rukiko yavuze ko aba bagabo bakurikiranyweho ibi byaha guhera mu kwezi kwa 8 umwaka ushize wa 2016, ariko imirwano nyir’izina ikaba yaratangiye guhera muri 2014 , hakaba hamaze gupfa ababarirwa mu magana.
Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru rivuga ko uru rukiko ruvuga ko ubu bwicanyi burangajwe imbere n’umutwe wa Allied Democratic Forces wo mu gihugu cya Uganda, ariko rukaba runavuga ko nta cyo ruteze guhindura ku myanzuro rwafatiye aba rwita ba ruharwa mu kwisasira imbaga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *