Greenwood wagizwe igicibwa na Manchester United yabonye ikipe nshya

Sangiza iyi nkuru

Umwongereza Mason Greenwood wagizwe igicibwa na Manchester United yakuriyemo, ari mu bakinnyi baraye babonye amakipe mashya mbere y’uko isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi rifunga imiryango i Burayi.

Uyu rutahizamu ukiri muto yerekeje muri Getafe FC yo mu gihugu cya Espagne ariko nk’intizanyo ya Manchester United.

Nta mafaranga iyi kipe yigeze itanga kuri uyu mukinnyi w’imyaka 21 y’amavuko, ndetse izajya yishyura amafaranga make ashoboka ku mushahara wa £75,000 Manchester United izajya imuhemba buri cyumweru.

Inkuru y’uko Greenwood yongeye kubona ikipe imwakira iri mu zakoze ku mutima abenshi mu bakunzi ba ruhago, bijyanye no kuba byibura agiye kongera kugaragara mu kibuga nyuma y’amezi 19 yose.

Uyu mukinnyi aheruka gukina umukino uwo ari wo wose muri Mutarama 2021, mbere y’uko agirana ibibazo n’umukunzi we byatumye afungwa mbere yo guhanagurwaho ibyaha by’ihohoterwa yaregwaga.

Muri uyu mwaka ubwo Mason Greenwood yarekurwaga byari byitezwe ko Manchester United yongera kumwakira, gusa biza kurangira imurekuye nyuma yo kotswa igitutu n’abantu batandukanye.

Abandi bakinnyi bahinduye amakipe ku munota wa nyuma

Usibye Greenwood, isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ryasize hari benshi bahinduye amakipe ku munota wa nyuma.

Aba barimo abanya-Portugal: Joà£o Felix na Joà£o Cancello berekeje muri FC Barcelona nk’intizanyo za Atletico Madrid na Manchester City.

Aba bakinnyi bombi berekeje muri Barà§a babisikana n’abari abakinnyi bayo nka Ez Abde waguzwe na Real Betis €miliyoni 7.5 cyo kimwe na Eric Garcia watijwe Girona.

FC Barcelona kandi iheruka gutakaza Ansu Fati yatije Brighton & Hove Albion yo mu Bwongereza cyo kimwe na myugariro Clement Lenglet yatije muri Aston Villa.

Kera kabaye Manchester United yasinyishije Amrabat

Manchester United byayisabye umunsi wa nyuma ngo isinyishe umunya-Maroc Sofyan Amrabat yari imaze igihe kirekire yifuza.

Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga ariko arinda ba myugariro yatijwe Manchester United gusa ikaba igomba guha Fiorentina miliyoni 10 z’aama-Euro.

Nottingham Forest yasinyishije abarimo Origi

Byasabye umunsi wa nyuma w’isoko kugira ngo Nottingham Forest ibone abakinnyi yari imaze igihe ishakisha.

Aba barimo Andrew Omobamidele wayerekejemo avuye muri Norwich City cyo kimwe na Divock Origi yatijwe na AC Milan.

Iyi kipe yanaguze umunya-Côte d’Ivoire Ibrahim Sangaré miliyoni 35 z’aama-Euro imukuye muri PSV Eindhoven yo mu Buholandi.

Kolo Muani yaguzwe akayabo na PSG

Ikipe ya Paris Saint-Germain byayisabye umunsi wa nyuma ngo isinyishije Umufaransa Randal Kolo Muani.

Iyi kipe y’i Paris yamuguze miliyoni 90 z’ama-Euro imuvana muri Eintracht Frankfurt yo mu Budage.

Abandi bahinduye amakipe barimo Mike Trésor Ndayishimiye werekeje muri Burnley avuye muri Genk yo mu Bubiligi, Mariano Diaz watandukanye na Real Madrid akerekeza muri Sevilla na Brennan Johnson werekeje muri Tottenham yamuguze miliyoni 47 z’ama-Pounds imuvana muri Nottingham Forest.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *