Umuherwe Florentine Perez wa Real Madrid, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Gicurasi 2017, yemeje ko Zidenine Zidane agiye kwongererwa amasezerano yo gukomeza gutoza ikipe ya Real Madrid kugeza mu 2020. Ibi abishingira ku bushobozi uyu mutoza wabaye n’icyamamare mu mupira w’amaguru akomeje kugaragaza ahesha intsinzi iyi kipe.
Amakuru atangazwa n’ ikinyamakuru cyo muri Esipanye’’ Marca’’, ni uko Florentine Perez ategereje ishyirwaho ry’umukono ku masezerano n’umufaransa Zinedine kugira ngo atangire gushyirwa mu bikorwa, mu gihe Zidane we yifuza ko hategerezwa ko kontaro ya mbere yabanza kurangira mu mpere z’iki gihembwe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kugeza ubu Zidane ntiyufuza kuvugurura amasezerano mu gihe shampiyona itarasozwa, atabanje kumenya niba azegukana igikombe cyangwa ntacyegukane.
Zidane umukinnyi w’umufaransa mu bihe bye byiza akinira u Bufaransa , yabuhejeje ishema, ageze no muri Real Madrid atuma yitwara neza. Ubu Real ikomeje amarushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo nyuma yo gutsinda muri kimwe cya kabiri ikipe ya Atletico ibitego 3-1 mu mukino ubanza na 1-2 mu mukino wo kwishyura.
Aramutse yongeye gusinya amasezerano yazatoza iyi kipe y’ikigugu kugeza ku wa 30 kamena 2020. Florentine Perez avuga ko adashidikanya,Zidane azakomeza gutoza ikipe ye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Theoneste Itangishatse


