Musa Esenu yafashije Rayon Sports kwikuraho inyatsi yari imaranye imikino 5

Sangiza iyi nkuru

Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu yatsinze Etoile de l’Est ibitego 2-1, yikuraho igisebo cy’imikino itanu yikurikiranya yari imaze idatsinda.

Iyi kipe yari yakiriye Etoile de l’Est kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona.

Ni umukino iyi kipe yakinnye yari imaze indi itanu yikurikiranya idatsinda, ibyanatumye itandukana na Yamen Zelfani wari umaze amezi abiri ari umutoza wayo.

Ibitego byo mu gice cya mbere cy’umukino by’Umugande Musa Esenu ni byo byafashije Murera kwegukana amanota atatu muri uyu mugoroba.

Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda yarangije umukino ifite abakinnyi 10 mu kibuga bonyine, nyuma y’ikarita itukura yeretswe Umurundi Mvuyekure Emmanuel ‘Manu’.

Ni ikarita ya gatatu Rayon Sports yari yeretswe mu mikino ibiri iheruka, dore ko Héritier Luvumbu na Charles Baale beretswe amakarita atukura ubwo mu Cyumweru gishize Rayon Sports yagwaga miswi na Marines FC ibitego 2-2.

Etoile de l’Est yaremye uburyo bwinshi mu gice cya kabiri cy’umukino yabonye impozamarira ku munota wa 90 w’umukino biciye kuri Godspower Gabriel.

Gutsinda uyu mukino byavanye Rayon Sports ku mwanya wa munani yariho biyishyira ku wa kane n’amanota 9; ikaba irushwa inota rimwe n’Amagaju ayiri imbere.

Rayon Sports kandi irarushwa amanota abiri na APR FC ya kabiri, gusa zombi ziracyafite imikino y’ibirarane. Iyi kipe kandi irarushwa amanota ane na Musanze FC ya mbere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *