Urukiko rukuru rwa Gambiya rwakatiye igifungo cy’imyaka 12 umusirikare warindaga perezida Adama Barrow nyuma y’uko ashatse kumurasira mu rusengero ubwo bari mu masengesho.Uyu musirikare yafatanywe imbunda muri Gashyantare 2017, ubwo bari mu masengesho.
Muri Mutarama 2022 nibwo uwo musirikare n’abandi umunani bashinjwe ubuhemu n’ubugambanyi kubera uruhare bagize mu gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi.Barindwi, barimo abasivili bombi n’umupolisi, bagizwe abere bararekurwa.
Ku wa kabiri, urukiko rwemeje ko uyu musirikare uregwa kuba umuyobozi, Sanna Fadera, yahamijwe icyaha cyo kugambanira igihugu. Abandi basirikare batatu baregwa bagizwe abere ku byaha byose baregwa.
Perezida Barrow yageze ku butegetsi bwa Gambia nyuma yo gutsinda Yahya Jammeh wari umaze imyaka 22 ayoboye Gambia. Ni mu matora y’ umukuru w’ igihugu yabaye tariki ya Mbere Ukuboza umwaka ushize wa 2016.
Yahya Jammeh yabanje kwanga kurekura ubutegetsi bituma Perezida Barrow agirwa inama yo guhungira muri Senegal tariki 15 Mutarama 2017.
Perezida Barrow yagarutse mu gihugu cye nyuma y’ amasaha make uwari Perezida Yahya Jammeh ahungiye muri Guinee Equatorial.


