Nyuma y’aho agiriye mu igeragezwa muri Zambia mu ikipe ya Zanaco bikanga, Umukinnyi w’ikipe ya Mukura, Ally Niyonzima ngo yaba agiye gusinya imyaka ibiri mu ikipe ya Nkana fc nayo yo muri kiriya gihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mukinnyi yifujwe n’amakipe menshi, ku buryo ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda, yigeze gutangaza ko yamaze kumusinyisha imyaka 2, nyuma y’amasaha macye aya makuru yavugurujwe n’ubuyobozi bwa Mukura, butangaza ko bidashoboka ko uyu mukinnyi yasinya muri Rayon ikipe ya Mukura itabizi.
Kugeza ubu Ally amaze icyumweru mu gihugu cya Zambia akaba yaragiye gukora igeragezwa mu ikipe ya Zanaco ya ho, gusa urugendo rwo gukinira Zanaco ntirwakunze kuko bananiwe kumvikana ku mikoranire.
Amakuru agera kuri bwiza.com avuga ko uyu mu kinnyi akimara kunaniranwa na Zanaco, yahise atangira imishyikirano n’ikipe ya Nkana Fc na yo yo muri Zambia yamwifuzaga, kugeza ubu hakaba hategerejwe kumvikana ku bijyanye n’amafaranga bamugomba n’ayo bagomba ikipe ya Mukura kugirango bashyire umukono ku masezerano hagati y’impande zombi , hatagize igihinduka ateganyijwe mu byumweru bibiri biri imbere.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Niyonzima ni umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Mukura yavutse tariki ya 11 Gashyantare 1996, yageze muri Mukura avuye mu ikipe yo mu Burundi ya Academie Tchite tariki ya 01 Kamena 2015.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Jean de Dieu Dushimiman — bwiza.com


