Guverinoma ya Israel biravugwa ko iri mu biganiro by’ibanga n’ibihugu birimo Congo, mu rwego rwo kubyoherezamo abanya-Gaza bagizweho ingaruka na Israel na Hamas.
Umwe mu bayobozi bakuru bo muri Guverinoma ya Israel yabwiye Ibiro Ntaramakuru Zman Israel ko ibiganiro hagati ya Guverinoma ya kiriya gihugu n’iya Congo-Brazzavile kuri ubu bigeze kure.
Ati: “Congo izagira ubushake bwo kwakira abimukira, kandi turi no mu biganiro n’abandi.”
Icyo gitangazamakuru cyunzemo ko Israel imaze igihe yarashyize imbere Politiki yo gushaka ibihugu yoherezamo abimukira bo muri Gaza, nka kimwe mu bisubizo ku makimbirane amaze amezi atatu yubuye hagati yayo na Hamas.
Congo bivugwa ko yiteguye kwakira abimukira bo muri Gaza, mu gihe iki gihugu kinengwa kubamo ubusumbane bukabije; bijyanye no kuba abaturage bacyo bangana na 52% bari munsi y’umurongo w’ubukene.
Mu bindi bihugu byiteguye kwakira bariya bimukira havugwamo Arabie Saoudite.


