Komisiyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENI), yagize impfabusa amajwi y’abakandida 82 biyamamarizaga kuba abadepite nyuma yo kubashinja ibyaha birimo ubujura bw’amajwi.
CENI yemeje ko yagize impfabusa amajwi y’aba bakandida mu itangazo ryayo ryasomewe kuri Radiyo na Televiziyo bya RDC (RTNC) mu ijoro ryacyeye.
Usibye ubujura bw’amajwi, abo amajwi yabo yagizwe impfabusa banashinjwa gushishikariza abanye-Congo guteza imvururu ndetse no gutunga mu buryo butemewe n’amategeko imashini zakoreshejwe mu matora.
Aba barimo 11 bo mu ishyaka UPDS rya Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi CENI iheruka kwemeza ko yatorewe kuyobora RDC muri manda ya kabiri. Barimo kandi batatu bari basanzwe ari aba Minisitiri ndetse na ba Guverineri bane b’intara 26 zigize RDC.
Mu basanzwe bazwi amajwi yabo yagize impfabusa harimo Didier Mazenga Mukanzu usanzwe ari Minisitiri w’Ubukerarugendo na Nana Manuanina usanzwe ari Minisitiri ufite mu nshingano ze guhagararira Perezida wa Repubulika.
Barimo kandi Ngobila Mbaka usanzwe ari Guverineri w’Intara ya Kinshasa, CĂ©sar Limbaya wa Mongala, Bobo Boliko wa Equateur na Pancras Boongo wa Tshuapa.
CENI yagize impfabusa amajwi ya bariya bakandida depite, mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC bamaze igihe basaba ko n’amatora y’Umukuru w’Igihugu yaseswa hagategurwa andi, nyuma yo kugaragaramo inenge nyinshi zatumye Tshisekedi ayatsinda mu buryo bworoshye.


