Simba SC yaba yifuza gutanga akayabo kuri Victor Mbaoma

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Simba Sports Club biravugwa ko yashimye rutahizamu Victor Mbaoma Chukwuemeka wa APR FC, ku buryo yifuza kumutangaho akayabo kugira ngo imwegukane.

Mbaoma wagowe cyane n’iminsi ye ya mbere muri APR FC kuri ubu ni umwe mu nkingi za mwamba iyi kipe yubakiyeho, dore ko imikino ibanza ya shampiyona yarangiye amaze gutsinda ibitego 12.

Mbaoma kandi yatsindiye APR FC ibitego bibiri mu mikino ya CAF Champions League.

Uyu rutahizamu udakunze gukina byinshi imbere y’izamu ariko akagira ubuhanga mu gutsinda ibitego, Simba Sports Club yamushimye nyuma yo kwitwara neza mu irushanwa rya Mapinduzi Cup rikomeje kubera mu birwa bya Zanzibar.

Ni irushanwa Chukwuemeka amaze gutsindamo ibitego bibiri.

Amakuru aturuka muri Tanzania avuga ko Simba Sports nyuma yo kumushima yifuza kumutangaho $200,000 (arenga Frw miliyoni 250) ngo igure amasezerano y’umwaka n’igice asigaje muri APR FC.

Mu gihe Mbaoma yaba agiye muri Simba, ashobora kubisikana n’umunya-Caméroun Essomba Willy Onana wifuzwa na JS Kabylie yo muri Algeria.

Undi uvugwa muri iyi kipe ni Umurundi Bigirimana Abedi ukinira Police FC.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Simba SC yaba yifuza gutanga akayabo kuri Victor Mbaoma
    Hakuna kuwuhe mwanya yakinnye na simba ya ga 3. Atsitara ku bitego ni local Rwanda only mureke kubesha abanyarwanda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *