Mu Gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22/01/2024, mu gace ka Mweso, hafi n’umujyi Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo , habyukiye imirwano hagati ya M23 n’Ihuriro y’Ingabo za FARDC ndetse na SADC.
Nk’uko bigaragara ku rukuta rwa Twitter rw’umuvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iri huriro ryagabye ibi bitero kuri aba barwanyi ariko intego yabo ari ukwica abaturage no kwangiza ibyabo.
Yagize ati: “Ihuriro rigizwe n’imitwe y’itwaje imbunda ifasha FARDC kurwana , FDLR, Abacanshuro Ingabo z’u Burundi na Wazalendo na SADC, bagabye ibitero mu baturage baturiye Mweso no mu nkengero zaho.”
Yakomeje agira ati: “M23 ikomeje kw’irwanaho mu buryo bwa kinyamwuga, irwanirira abaturage n’ibyabo.”
Hari amakuru avuga ko muri iyi mirwano, FARDC n’Ihuriro ryayo bataye ibikoresho byinshi nyuma y’uko M23 yirwanyeho ikabacanaho umuriro.
Ni imirwano yaje ikurikira iyabaye kuri iki Cyumweru (ejo hashize), mu duce twa Karuba no mu nkengero zaho no muri Kibumba.Ibyo bitero bya vuzwe ko FARDC yakoresheje za drone n’indege z’intambara.
Abaturage benshi barahunze bava mu byabo bahungira kubwinshi mu bice bitarimo imirwano, aho bivugwa ko bahungiye muri Rutsuru abandi berekeza muri Nyiragongo.
Ni mu gihe kandi iyi ntambara ikomeje gushyirwamo imbaraga n’ingabo za SADC nk’inararibonye mu rugamba rwifashisha ikoranabuhanga.



One Response
I Mweso rwabuze gica mu ntambara ihuje M23 n’Ihuriro rya FARDC
Buriya african igizwe nibirwari gusa vyinshi nonese ikikibazo carabananiye burundu? Abategetsi bavugushukuri inyambara zihagarare twitezimbere