Ibikomeje kuvugwa ku mirwano ihuza M23 na FARDC n’Abambali bayo

Sangiza iyi nkuru

Amakuru ahari ni ko AFC / M23 irimo igenzura agace ka Shasha n’umuhanda munini uhuza Goma na Minova .

Kivu News 24, itangaza ko inzira imwe isigaye kuri FARDC n’ihuriro ryayo ari iyo mu kiyaga cya Kivu nu Rwanda, naho ahandi hose ngo aba barwanyi bamaze kuhagota.

Uyu muhanda ufunzwe nyuma y’uko ku munsi w’ejo Taliki 02 Gashyantare 2024, habaye imirwano ikomeye yahuje M23 na FARDC hafi y’umujyi wa Goma.

Iyi mirwano yanasize muri uyu Mujyi haguye igisasu cyakomerekeje abantu bivugwa ko Ari batanu ariko abandi bakavuga babiriri banahihise bajyanwa kwa Muganga igitaraganya.

Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko, Umuvugizi wa FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yahise ashinja umutwe wa M23 kuba ari wo warasiye kiriya gisasu ku musozi wa Kagano .

Gusa bidatinze Perezida wa M23 Bertrand Bisimwa Perezida w’uyu mutwe yavuze ko Ibisasu biri kuraswa mu gace ka Mugunga bitari kuva mu birindiro bya ARC, ahubwo ko bituruka mu birindiro by’ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *