Salomon Bindjeme yatandukanye na APR FC

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yamaze kugurisha muri Al-Shorta SC yo muri Iraq myugariro Salomon Charles Banga Bindjeme.

Iyi kipe yemeje Bindjeme nk’umukinnyi wayo ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Amakuru avuga ko yatanzweho $70,000.

Bindjeme yari umukinnyi wa APR FC kuva mu mpeshyi ya 2023, nyuma yo kuyigeramo imuguze muri Al Hilal Omdurman yo muri Sudani. Icyo gihe yari yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.

Uyu myugariro wamaze kugera muri Iraq yatandukanye na APR FC nyuma yo kubura umwanya wo gukina, n’ubwo kudakinishwa kwe abakunzi ba APR FC bakunze kutabijyaho imbizi n’umutoza Thierry Froger.

Al-Shorta SC yerekejemo isanzwe ari ikipe ikomeye, dore ko kuri ubu iri ku mwanya wa kabiri muri shampiyona y’icyiciro cya mbere ya Iraq.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *