APR FC yageneye impano Bindjeme

Sangiza iyi nkuru

APR FC yasezeye kuri myugariro Salomon Charles Banga Bindjeme wamaze gutandukana na yo, imugenera impano.

Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yasezeye kuri uyu myugariro w’umunya-CamĂ©roun mbere y’umukino w’ikirarane w’umunsi wa 16 wa shampiyona yanyagiyemo Marines FC ibitego 5-2.

APR FC ku rubuga rwayo rwa X, yashimiye Bindjeme “ku bw’ubwitange buhebuje n’umusanzu we muri APR FC.”

Yunzemo ati: “Uzahora uri umwe mu bagize umuryango wa APR”.

Bindjeme aheruka kugurishwa muri Al-Shorta SC yo muri Iraq. Amakuru avuga ko yaguzwe $50,000.

Ni nyuma y’amezi atanu yari amaze muri APR FC yari yaragezemo mu mpeshyi avuye muri Al Hilal Omdurman yo muri Sudani.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *