APR FC yasezeye kuri myugariro Salomon Charles Banga Bindjeme wamaze gutandukana na yo, imugenera impano.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yasezeye kuri uyu myugariro w’umunya-CamĂ©roun mbere y’umukino w’ikirarane w’umunsi wa 16 wa shampiyona yanyagiyemo Marines FC ibitego 5-2.
APR FC ku rubuga rwayo rwa X, yashimiye Bindjeme “ku bw’ubwitange buhebuje n’umusanzu we muri APR FC.”
Yunzemo ati: “Uzahora uri umwe mu bagize umuryango wa APR”.
Bindjeme aheruka kugurishwa muri Al-Shorta SC yo muri Iraq. Amakuru avuga ko yaguzwe $50,000.
Ni nyuma y’amezi atanu yari amaze muri APR FC yari yaragezemo mu mpeshyi avuye muri Al Hilal Omdurman yo muri Sudani.


