Héritier Luvumbu yabonye ikipe nshya

Sangiza iyi nkuru

Umunye-Congo Héritier Luvumbu Nzinga wahoze akinira Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri AS Vita Club y’iwabo.

Ku wa Gatatu tariki ya 28 Gashyantare ni bwo uyu mukinnyi yasinye imbanzirizamasezerano yo gukinira iriya kipe mu mwaka utaha w’imikino wa 2024/25.

Uyu mukinnyi ugikurikiranwe n’ibihano by’amezi atandatu yafatiwe na FERWAFA, yifashishije imbuga nkoranyambaga ze yavuze ko atari we uzarota atangiye imyitozo muri iriya kipe ikunzwe kurusha izindi muri RDC.

Ni ku ncuro ya kabiri Héritier Luvumbu agiye gukinira AS Vita Club kuko yakiniye iyi kipe hagati ya 2014 na 2016.

Iyi kipe y’i Kinshasa yamwisubije nyuma yo kubisabwa na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wemeye ko nibinaba ngombwa azajya yishyura umushahara we.

Luvumbu yatandukanye na Rayon Sports asheshe amasezerano bari bafitanye, nyuma y’igikorwa cya Politiki yakoreye kuri Kigali Pele Stadium ubwo yari amaze gutsinda igitego Police FC bari bahuriye mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *