Ikipe ya Olympic Star izwi nka Gikundiro mu gihugu cy’u Burundi, yakoze impanuka ubwo yerekezaga mu mugi wa Gitega igiye gukina umukino wa shampiyona na Telaviv FC.
Olympic Star yari igiye gukina umukino utarakiniwe igihe w’umunsi wa 23 muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Burundi, aho imodoka yari itwaye iyi kipe yaje kwisanga yaguye mu muyoboro w’amazi uba uri impande z’umuhanda.

Ubwo iyi mpanuka yabaga, abakinnyi batatu (3) bari muri iyo modoka bahise bakomereka. Inkuru nziza ni uko nta muntu wahaburiye ubuzima nk’uko bitangazwa na Akeza Sports.
Kubera iyi mpanuka, byatumye umukino wari gutangira saa cyenda (15:00) wigizwa imbere ho isaha imwe utangira saa kimi (16:00) ku kibuga Ingoma.

Mu minota 90 yo gukotanira intsinzi yaje kurangira amakipe yombi anganyije ubusa ku busa kuko nta kipe yigeze yinjiza igitego mu izamu ry’indi.

Kurangira gutyo ku uwo mukino, byatumye ikipe ya Olympic Star igira amanota 34 iguma ku mwanya wa 7 mu gihe Telaviv yo yahise igira amanota 17 inaguma ku mwanya 15 mu makipe 16 akina shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Burundi.


