Abakinnyi b’ikipe ya Kiyovu Sports bageze ku kibuga cy’imyitozo banga gukora imyitozo bahita bazinga utwabo baritahira.
Aba bakinnyi banze gukora imyitozo mu gihe bari kwishyuza amafaranga yabo ikipe ibabereyemo, kuva muri Nzeri umwaka ushize.
Amakuru avuga ko abajinnyi ba Kiyovu Sports baheruka gufata agashahara mu mwaka ushize wa 2023 muri Kanama.
Iyi kipe itorohewe ikomeje gusaba abafana bayo kuyitera inkunga mu buryo bwose bushoboka kugira ngo babone amikora abafasha kwikiranura n’abakinnyi bafitiye amafaranga.
Ibi bibazo byavutse ubwo uwari Perezida wayo Mvukiyehe Juvenal akuwe ku mwanya we maze ikipe isigara mu biganza bya Ndorimana Jean Franà§ois Regis nka General, gusa na we yamaze kuyisiga.
Kuri ubu hari andi makuru avuga ko nyuma y’uko Juvenal asubije ikipe imodoka na we ashobora kuyigarukamo akayisubiza ku murongo.
Ikipe ya Kiyovu Sports kandi ri mu bihano byo kutagura abakinnyi kubera abayitsinze muri FIFA igomba kwishyura.


