Amakuru aturuka i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko umusirikare wa FARDC yiciwe mu myigaragambyo yaramukiye mu mujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Congo.
Iyi myigaragambyo yatangiye ku munsi w’Ejo mu mujyi wa Goma ari naho yaramukiye.Bivugwa ko abayirimo bafunze umuhanda wa Goma-Sake, aho bafungiye neza ni mu gace kitwa Kimashini, nk’uko amakuru abivuga.
Bitewe n’uburakari bwinshi abigaragambyaga bari bafite byatumye bahagarika urujya n’uruza rw’imodoka ku muhanda wa Goma-Sake, ari nabwo umwe mu basirikare ba FARDC yazaga bagahita bamufata mu ishingu baramuhwanya.
Intandaro y’iyi myigaragambyo, ni ukwamagana iyicwa ry’umwe mu basivili wishwe mu ijoro ryo kuwa Mbere taliki 04/03/2024.Bivugwa ko uyu musiviri yishwe n’abantu ngo baje bambaye imyambaro y’igisikare cya FARDC.
Amakuru MCN ikesha umwe mu bayihaye amakuru, avuga ko ngo abenshi mu bigaragambya ari abimuwe mu byabo kubera intarambara bo mu nkambi ya CBCA, aho bahise birara mu mihanda banamagana ihohoterwa bakorerwa n’imitwe nka FDLR,Maimai Wazalendo n’abandi.


