Impunzi z’abanye-Congo zo mu nkambi ya Kigeme iherereye mu karere ka Nyamagabe, na zo zakoze imyigaragambyo zamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa mu gihugu cyazo.
Ni ubwicanyi bukorerwa abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Abanyamulenge bo muri Kivu y’Amajyepfo ndetse n’Abahema bo mu ntara ya Ituri.
Impunzi z’abanye-Congo zivuga ko ubu bwicanyi ari Jenoside.
Ibyapa impunzi z’i Kigeme zari zitwaje, byari byanditseho ubutumwa butandukanye birimo ubuvuga ko “ubutegetsi bwa Tshisekedi bugomba guhagarika Jenoside buri gukorera Abanyamulenge muri Kivu y’Amajyepfo, Abatutsi muri Kivu y’Amajyaruguru n’Abahema muri Ituri”.
Izi mpunzi zarimo n’abanyeshuri kandi zavugaga ko zamagana “imvugo z’urwango zibibwa na Wazalendo”, ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro Guverinoma ya RDC yitabaje ngo iyifashe guhangana n’umutwe wa M23.
Uwitwa Hodari Pongoli uri mu mpunzi z’abanye-Congo zirenga 10,000 ziba mu nkambi ya Kigeme, yavuze ko we na bagenzi be barambiwe kuba bamaze imyaka myinshi babayeho nabi, bicwa ndetse banitwa Abanyarwanda nyamara ari abanye-Congo.
Ati: “Twatesetse igihe kirekire, imyaka myinshi tumaze turi impunzi irahagije. Ibyabaye birahagije, uyu munsi turambiwe kwitwa impunzi. Tumaze imyaka myinshi twicwa, duhezwa, twitwa Abanyarwanda kandi turi abanye-Congo. Ababyeyi bacu n’abasokuruza bacu bari abanye-Congo kuva kera, ariko uyu munsi turitwa Abanyarwanda mu gihugu cyacu twavukiyemo, ku buryo tunacyirukanwamo. Uyu munsi turavuga ko tumaze kurambirwa”.
Hodari yanamaganye imitwe nka FDLR yaraturutse mu Rwanda ikajya mu gihugu cye na bagenzi be, aho yakomereje Jenoside yari isize ikoze mu Rwanda.
Guverinoma ya RDC ishinjwa kubungabunga uyu mutwe ndetse ikinjiza abawugize mu ngabo zabo kugira ngo bazifashe mu ntambara zihanganyemo na M23.
Hodari yavuze ko kuri ubu we na bagenzi be n’ubwo nta gihugu bafite, Imana yabaremye ari abanye-Congo.
Ati: “Uyu munsi twatakaje igihugu cyacu, ntacyo tugifite ariko Imana yaturemye turi abanye-Congo. Ntidushobora kuba Abanyarwanda, ntidushobora kuba abanya-Kenya, ntidushobora kuba Abagande cyangwa abanya-Tanzania; turi abanye-Congo. Nta handi hantu dushobora kujya atari mu gihugu cyacu”.
Imyigaragambyo y’impunzi z’i Kigeme ije ikurikira iy’izindi mpunzi z’abanye-Congo, irimo iy’izo mu nkambi ya Kiziba muri Karongi, iy’agateganyo ya Nkamira yo mu karere ka Rubavu ndetse, iya Nyabiheke yo mu karere ka Gatsibo n’iya Mahama muri Kirehe.


