Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baraye hasi kuri sima mu kibuga cy’indege cya Accra muri Ghana.
Aba bakinnyi bitabiriye imikino ya ‘All African Games’ iri kubera muri Ghana, baraye ku kibuga cy’indege cya Accra nyuma yo kubara aho bacumbika.
Mu mafoto akomeje gucaracara ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye, yerekana abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Congo baraye ku kibuga cy’indege.
Amakuru avuga ko aba bakinnyi bahisemo kurara aho nyuma yo kubura aho barara.
Ibi byabaye ku cyumweru tariki ya 10 Werurwe 2024 ubwo aba bakinnyi bitabiraga imikino ya ‘All African Games’ iri kubera muri Ghana.
Kugeza kuri ubu nta kintu federasiyo ya Congo yari yatangaza kuri aya mafoto akomeje gucaracara ku mbuga nkoranyamba.
Ikinyamakuru Hapamedia.net kivuga ko aba bakinnyi baraye kuri sima mu gihe abayobozi bajyanye nabo baraye muri hoteli ifite inyenyeri eshanu.
Umwe mu bakinnyi waganiriye ni iki kinyamakuru yemeje ko ayo mafoto ari ayanyayo.
Yagize ati: “Ayo mafoto ni ayacu, urugendo rwacu rumaze kuba ingorabahizi.”
Iyi mikino ya ‘All African Games’ iri kubera muri Ghana yanitabiriwe n’u Rwanda mu kiciro cyo gusiganwa ku magare 





One Response
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Congo baraye mu kibuga cy’indege, minisitiri wa siporo yirarira muri hoteli y’inyenyeri 5
Ibi nabyo barabitwerera u Rwanda doreko rwagowe