Umukinnyi wa Filime akaba n’umunyarwenya ugezweho mu Rwanda, Niyitegeka Gratien wamenyekanya nka Seburikoko cyangwa Sekaganda yatangaje ko vuba aha arerekana umukunzi we.
Ku mbuga nkoranyambaga abantu benshi bakunze gusaba Seburikoko kuba yashaka umugore kuko babona yaramaze kurengererana.
Iyo bakoze urutonde rw’abanze gushaka, Seburikoko abanziriza abandi ariko we akavuga ko nta kintu cyimwirukansa.
Aganira na Isango Star Tv, Seburikoko yavuze ko vuba aha bitarambiranye azarekana umukunzi we utegerejwe na benshi mu Rwanda.
Yagize ati: “Reka noneho vuba aha nzabereke umufiyanse.”
Mu gutebya cyane, Seburikoko yavuze ko azabikora vuba gusa avuga ko ari mu mwaka wa 2028.
Ati: “Vuba cyane, umwaka wa 2028 urumva ari kera, kuki mukuza ibintu? Urabona niba umunsi umwe Imana ibara ngo ni iminsi igihumbi, ikigoye kiri he?”
Yavuze ibyo ubwo yabazwaga ku buzima bwe bwo kuba yashaka umugore bakarema umuryango mushya.
Niyitegeka Gratien ugejeje imyaka 46, ntiyakunze kugaragara mu rukundo n’abakobwa bagiye batandukanye ndetse iyo bigeze kuri iyo ngingo abigira ibanga cyane.


