BNR yaburiye abakomeje gushora amafaranga muri STT

Sangiza iyi nkuru

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yaburiye Abanyarwanda bakomeje gushora amafaranga muri Company izwi nka STT (SuperFree to Trade), iyigaragaza nk’itemerewe gukora ubucuruzi bw’amafaranga.

Kuva mu ntangirizo z’uyu mwaka ni bwo STT yatangiye gukorera mu Rwanda.

Abayishoyemo amafaranga basobanura bagira inyungu bahabwa ku munsi bitewe n’umubare w’amafaranga bashoyemo. Amafaranga make umuntu ashobora gushoramo ni $75 (Frw 107,000) mu gihe amenshi ari $30,000 (Rwf miliyoni 38).

Umwe mu bakorana n’iyi company yasobanuriye BWIZA ko nk’iyo uguze ‘robot’ $ 75 buri munsi STT ikungukira $ 2.4 ku munsi (Frw 3,000) mu gihe nk’uwashoye $30,000 ashobora kungukirwa $1,200 ku munsi.

BNR mu butumwa yatanze yifashishije urubuga rwayo rwa X kuri uyu wa Gatatu, yatangaje ko Company ya STT itemerewe gukora ubucuruzi bw’amafaranga.

Iyi Banki kandi yaboneyeho gukangurira Abaturarwanda bose “kutajya mu bikorwa by’ubucuruzi bw’imitungo mvunjwafaranga idafatika kubera ko birimo ingorane nyinshi”.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. BNR yaburiye abakomeje gushora amafaranga muri STT
    Muraho neza turabishimiye cyane kubwamakuru meza muduhaye gusa icyo turibukore nukureka gushishikariza abandi banyarwanda kujyamo gusa twe twamaze kugeramo ahubwo ikibazo dufite nukuntu duhombye ?

    Ntabuvugizi bwabaho bakadusubiza ayacu tukavamo niba bitizewe ?

  2. BNR yaburiye abakomeje gushora amafaranga muri STT
    Ayamakuru mwatangaje ntabwo ariyo kubera ariya mafranga mwavuze haruguru ngo ibihumbi 30$ byidolari ntabwo arukuri amafranga menshi bashora baguze umugabane ni 690$ kumunsi baba bakorera 23$ rero ibintu mwanditse sinzi aho mwabikuye mujye mutangaza inkuru zanyazo nukuri

  3. BNR yaburiye abakomeje gushora amafaranga muri STT
    Nonese niba bakora ibinyuranye namategeko kuki leta ikomeza kubemerara gukora?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *