Amafoto ya Perezida Museveni ari kwifotoza Selfie yatangaje benshi

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda, Yoweli Museveni yatangaje abantu ku buryo yifotoye amafoto ari kumwe n’itsinda ry’abantu rigari mu buryo bumenyerewe nka Selfie, aho bakoresha kamera y’imbere ya telefone.

Ibi ni ibyabereye mu muhango wo gutangiza ku nshuro ya Cyenda inama nkuru y’urubyiruko rwibumbiye mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Kanama, inama yabereye mu gace ka Munyonyo.

Iyi nama kandi yari yahuriyemo n’abantu benshi bahagarariye urubyiruko mu rwego rw’isi ndetse n’abamucungira umutekano baariyo ku bwinshi.

Ikinyamakuru the new vision cyo muri uganda kigaragaza perezida Museveni nk’uwari uri kwigisha bariya bantu bari kumwe uko bifotora bakoresheje inkozi izwi nka Sticker yifashishwa bifotora.


Yari inama yitabiriwe n’abantu benshi bo mu nzego zitandukanye z’urubyiruko ku isi

Muri iyi nama, perezida museveni yahawe ikaze n’abayobozi batandukanye bakomeye muri Commonwealth barimo Patricia Scotland (Umunyamabanga), Kishva Ambigapathy (umuvugizi w’inama y’urubyiruko muri Commonwealth), Janat Mukwaya (Minisitiri w’uburinganire muri Uganda) n’abandi.

Abahagarariye urubyiruko mu nzego zitandukanye bari bahari

Muri iyi nama, aba bayobozi barebeye hamwe uburyo bwo guteza imbere urubyiruko ruri muri uyu muryango, no korosha ubuhahirane mu bihugu biwugize.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru