Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zatangaje ko zageye imbere cyane mu misozi ya Fizi na Uvira nyuma y’imirwano itandukanye n’abarwanyi ba AFC / M23 na Twirwaneho ndetse na Red-Tabara, muri iyi minsi bakomeje kwegeka kuri aba barwanyi mu rwego rwo kumvikanisha impamvu u Burundi buri muri iyi ntambara y’Abanyekongo.
Amakuru yashyizwe ahagaragara na Lieutenant Reagan Mbuyi Kalonji, umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sukola 2 muri Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko Ingabo za FARDC zongeye kwigarurira ibice bya Malimba, Masango, Ruhua, na Rubarati, ndetse n’ibirindiro biri i Kamimbi, Nagishashu, na Irumba.
Ubuyobozi bw’ingabo bwatangaje ko mu bikorwa bya gisirikare byakozwe, abarwanyi 23 bishwe, 11 baritanga, ndetse hafatwa n’ibikoresho bitandukanye bya gisirikare. Bwanatangaje kandi ko habonetse imva rusange i Masango irimo imibiri y’abasivili; hakaba hategerejwe iperereza ryigenga rizagaragaza ababigizemo uruhare.
Mu gihe havugwa bikorwa byo kwegera imbere kwa FARDC n’abafatanyabikorwa ba yo, bivugwa ko abarwanyi b’imitwe ihanganye na leta basubiye inyuma berekeza ahitwa Kashongo na Magunda.


