Uko imyaka igenda ihita, u Burayi bwagiye bwubaka inzego zitajegajega mu mupira w’amaguru, kuri ubu uyu mugabane ukaba ubarizwaho amakipe y’ibihange ku Isi nka Barcelona, Real Madrid, Bayern Munich, Manchester United n’izindi. Mu bikorwaremezo bijyanye n’uyu mukino rero naho ntibasigaye, akaba ari muri urwo rwego Bwiza.com yifuje kubagezaho stade 10 za mbere nini kuri uyu mugabane.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Stade y’ikipe ya FC Barcelona niyo stade ya mbere nini mu Burayi mu bijyanye n’abafana yakira, ikaba na stade ya kabiri nini ku Isi ndetse ikaba imaze kwakira imikino ikomeye nk’imikino ya nyuma y’igikombe cya Champions League n’iya kimwe cya kabiri cya FIFA. Iyi stade ya Camp Nou iherereye mu mujyi wa Catalonia, umurwa mukuru wa Barcelona, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 99,354.
Wembley Stadium ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 90,000, ni yo ya kabiri nini ku Isi ikaba ari iy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru, FA. Iyi stade iri mu mujyi wa London mu Bwongereza, ikaba ikunze kuberaho imikino y’ikipe y’igihugu. Usibye gukoreshwa n’ikipe y’igihugu, iyi stade inakira imikino ikomeye itandukanye nk’imikino ya nyuma ya FA, UEFA n’indi.
Iyi ni stade y’ikipe ya Borussia Dortmund yo mu Budage, ikipe ifatwa nk’iya mbere ifite abafana usanga baryoshya ibirori muri stade. Ni abafana bakunda ikipe yabo ku buryo butangaje ndetse bakizihiza intsinzi zayo bacana za fireworks mu kibuga. Signal Iduna Park ni yo stade nini mu Budage ikaba iya gatatu ku Isi n’ubushobozi bwo kwakira abafana 81360.
Santiago Bernabeu ni stade y’ikipe ya Real Madrid imaze kwegukana igikombe cya Champions League inshuro 11, ikaba yarahawe iri zina biturutse ku wahoze ari perezida w’iyi kipe, Santiago Bernabeu. Ni stade yatashywe mu 1947 ikaba yaragiye yongerwa mu bunini, kuri ubu ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira 81,044. Kuri ubu iyi stade iri kongerwa ku buryo izaba iya mbere nini ku Isi.
Niyo stade ya gatanu ku Isi mu bunini, ikaba ikinirwaho n’amakipe abiri akomeye mu Butaliyani, AC Milan Inter Milan. Yubatse mu Karere ka San Siro muri Milan, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 80,018. Iyi stade yatashywe mu 1926 ari iya AC Milan, mu 1945 itangira kuyisangira na Inter Milan kugeza ubu.
Stade de France ni iya gatandatu ku Isi mu bunini, nayo ikaba ari iy’ikipe y’igihugu iherereye mu majyaruguru y’umujyi wa Paris. Iyi stade yubakiwe Imikino y’Igikombe cy’isi yo mu 1998 u Bufaransa bwakiriye, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 81,338. Usibye imikino y’ikipe y’igihugu n’imyitozo, iyi stade inakira za concerts n’imikino ya UEFA.
Iyi ibarizwa mu murwa mukuru w’u Burusiya, Moscow, ikagira ubushobozi bwo kwakira abafana 78,360. Iyi stade yagiye isimburanwaho amakipe nka Torpedo Moscow, PFC CSKA Moscow, na Spartak Moscow, ariko kuri ubu yahariwe ikipe y’igihugu.
Ni stade ya mbere nini muri Turkiya yubatswe mu 2002 ihabwa izina hagendewe ku washinze Repubulika ya Turkiya, Mustafa Kemal Ataturk. Iyi ni stade icungwa na Guverinoma ya Turkiya yubakiwe kwakira Imikino ya Olimpiki yo mu 2008. Iyi mikino ariko Turkiya yaje kwimwa kuyakira ibera I Beijing mu Bushinwa. Iyi ifite ububasha bwo kwakira abafana 76,092. Hagati ya 2003 na 2004 ariko iyi stade yari iy’ikipe ya Galatasaray.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Old Trafford ni stade y’ikipe ya Man. United kuva mu 1910, ikaba iherereye mu gace ka Old Trafford, nk’izina ryayo, mu mujyi wa Manchester mu Bwongereza. Iyi stade ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 75,643. Mu gihe cy’intambara ya 2 y’Isi, Old Traford yarangijwe bikomeye biba ngombwa ko ikipe ya Manchester United ikinira ku kibuga gisanzwe imyaka 8 yose nyuma y’intambara kugeza ubwo stade yongeraga kubakwa.
Ku Mwanya wa 10 haza stade ya Allianz Arena y’ikipe ya Bayern Munich, ikaba yarahawe iri zina hagendewe ku muterankunga wayo, Allianz SE, ikaba ifite ububasha bwo kwakira abafana 75,000.
Kugeza ubu stade ya mbere nini ku isi ni iyitwa Rungrado yo muri Koreya ya Ruguru ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 150,000, ikaba ikurikirwa na stade nyinshi zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifite ubushobozi bwo kwakira abafana bagera no mu 100,000.
K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com












