Mu gihe imibare Igaragaza ko Bassirou Diomaye Faye ariwe watsinze amatora amatora y’umukuru w’Igihugu muri Senegale , uwari Perezida Macky Sal yashimye uko amatora yagenze.
Perezida Macky yavuze ko amatora yabaye muri iki Cyumweru ari nta makemwa, ndetse yemera n’ibyavuye mu matora.
Diomaye ukomoka mu ishyaka Pastef (Patriotes Africains du Sénégal pour Travail, Ethique et la Fraternité ritavugaga rumwe n’ubutegetsi bwe, niwe byagaragaye ko yatsinze amatora.
Ni amatora yabaye ku wa 24 Werurwe 2024, aho yayatsinze ahigitse abarimo Amadou Ba wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu.
Perezida Macky Sall yanditse kuri X , ko amatora yagenze neza ndetse ashimira uwo imibare igaragaza ko yatsinze.
Ati: “Ndashimira uko amatora ya Perezida yo ku wa 24 Werurwe 2024 yagenze.ndashimira kandi uwatsinze, Bwana Bassirou Diomaye Faye, kuko amajwi agaragaza ko yatsinze. Iyi ni intsinzi ya demokarasi ya Senegal.”
Kugeza ubu amajwi yamaze kuboneka agaragaza ko Diomaye ariwe Perezida wa Senegale , gusa hategerejwe ko Komisiyo y’amatora ibyemeza ku rutonde rw’amajwi ntakuka.


