Afurika y’Epfo: Hatangiye amatora y’abadepite azagena umukuru w’igihugu utaha

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, Abanyafurika y’Epfo batangiye amatora y’abadepite ku rwego rw’igihugu n’intara mu matora bikekwa ko ari yo akomeye kuva amatora ya mbere ya demokarasi nyuma ya apartheid yaba mu 1994.

Ibiro by’itora byafunguwe saa moya za mugitondo ku isaha yaho (0600GMT) mu gihe biza gufunga saa tatu z’ijoro.

Abatora barenga miliyoni 27 ni bo biyandikishije muri miliyoni 62 zituye Afurika y’Epfo.
Imbaga y’abantu bategereje gutora yagaragaraga mu bice bitandukanye bya Johannesburg guhera nko mu ma saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo, nubwo hakonje.

Abanyafurika y’Epfo barimo gutora abadepite bagize inteko y’intara n’abadepite 400, bagize Inteko ishinga amategeko. Gutora bishingira ku ishyaka kandi amashyaka ni yo abona imyanya mu nteko.
Aba badepite b’igihugu nyuma bazatora perezida, bivuze ko ishyaka ryatsinze amatora ari ryo rivamo umukuru w’igihugu.

Iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya, ivuga ko amashyaka 70 ya politiki arimo guhatana mu matora, ariko amaso yose ahanzwe ishyaka riri ku butegetsi rya Africa National Congress (ANC), Ishyaka Democratic Alliance (DA), umutwe munini w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu nteko ishinga amategeko, n’ishyaka Economic Freedom Fighters (EFF) ) rya gatatu mu kugira abayoboke benshi.

“Ndashaka kubona impinduka mu gihugu cyanjye. Hano hari ubushomeri bukabije, ubugizi bwa nabi na ruswa. Nizere ko ijwi ryanjye rizazana impinduka, ” uyu ni Nkosi Maluleke utuye Soweto avugana na Anadolu nyuma yo gutora.

Undi watoye utavuze izina rye yabwiye Anadolu ko yatoye kuko ari uburenganzira bwe bwa demokarasi. Ati: “Mu gihe cya apartheid ntabwo twigeze tugira amahirwe yo gutora, ubu turabikora kandi amajwi yacu arabara”.

Ishyaka rya ANC, ryigeze kuyoborwa na nyakwigendera Nelson Mandela, rimaze imyaka mirongo itatu riyoboye Afurika y’Epfo, ni ubwa mbere ngo rihuye n’amatora akomeye aho inzobere n’ubushakashatsi bwakozwe berekana ko bizarigora kubona amajwi 51% asabwa kugira ngo riyobore uko rishaka hadashyizweho ihuriro.

Ni ku nshuro ya mbere kandi mu mateka y’igihugu uwahoze ari perezida wa ANC yategetse Afurika y’Epfo kuva yagera kuri demokarasi mu 1994, ayoboye ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rihanganye n’ishyaka yahozemo.

Jacob Zuma, w’imyaka 82, wahoze ari umuyobozi wa ANC wayoboye manda ebyiri, ashyigikiye ishyaka rya politiki rya Umkonto We sizwe (MK) bigaragara ko ari ikibazo ku ishyaka ryashinzwe na Mandela.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *