capture654.jpg

RDF yitabiriye imyitozo ya Gisirikare ikomatanyije muri Turukiya-AMAFOTO

Sangiza iyi nkuru

Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Mubarakh Muganga arikumwe n’intumwa z’ubuyobozi bw’izi ngabo bagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Turukiya aho bitabiriye imyitozo ya gisirikare ikomatanyije n’iy’urugamba rwo mu mazi.

Kuri uyu wa Kane tariki 30 Gicurasi 2024, hatangajwe amakuru avuga ko “Intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru, Gen MK Mubarakh, bitabiriye EFES-2024, imyitozo y’Ibihugu bitandukanye iyoborwa na Türkiye, irimo iyo kurasa imbonankubone.

Iyi myitozo iri kubera ahitwa Izmir muri TĂĽrkiye, yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 kugeza none ku wa Kane tariki 30 Gicurasi 2024.

Iyi myitozo igamije gufasha Ibihugu bitandukanye kureba ubushobozi bw’Igisirikare cya Türkiye, ndetse n’ikoranabuhanga rigezweho kifashisha kuva ku ndege zitagira abapilote zizwi nka Drone kugera ku ndege za kajugujugu za gisirikare, ndetse n’amato y’intambara, n’uburyo bw’indebakure bwifashishwa mu rugamba.
capture654.jpg
capturekjgtr.jpg
captureliuy.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *