MONUSCO yohereje ingabo i Kanyabayonga gufasha FARDC guhagarika M23

Sangiza iyi nkuru

MONUSCO kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 1 Kamena, yongereye ingufu i Kanyabayonga muri Kivu y’Amajyaruguru kugira ngo ifashe ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) guhangana n’inyeshyamba za M23 zerekeza muri kariya gace ko muri Teritwari ya Lubero.

Ingabo za MONUSCO zo muri Brigade y’ingabo zishinzwe gutabara byihuse zoherejwe rwego rwo kurinda abaturage no gushyigikira FARDC kurwanya iterambere ry’inyeshyamba muri iyi komini yashizemo abaturage bayo kuva ku wa Kane ushize, nyuma y’imirwano ikaze.

Amakuru aturuka mu gisirikare agera kuri Radio Okapi dukesha iyi nkuru avuga ko kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 1 Kamena mu gitondo, inama yo guhuza ibikorwa hagati y’izo ngabo zombi yabaye.

Nk’uko amakuru amwe abivuga, kuri uyu wa Gatandatu i Kanyabayonga ibintu byari bituje.

Abasirikare ba FARDC n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye bari kuhakora amarondo bafatanyije nk’uko iyi nkuru isoza ivuga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *