Kuri iki Cyumweru, itariki ya 2 Kamena 2024, ahitwa Bulindi havuzwe imirwano mishya hagati y’ingabo za Congo (FARDC)na M23, nko mu birometero icumi uvuye muri komini yo mu cyaro ya Kanyabayonga.
Amakuru atangazwa n’uruhande rwegereye leta avuga ko FARDC yasubije inyuma inyeshyamba zashakaga kwinjira mu mujyi. Muri ako gace humvikanye urusaku rwinshi rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, byongera gutuma abaturage benshi bava mu byabo.
Hagati aho, muri Kanyabayonga, FARDC iravuga ko ikomeje kugerageza kubuza inyeshyamba za M23 kwinjira mu mujyi wa Kanyabayonga mu gihe andi makuru avuga ko buri ruhande rugenzura igice cy’umujyi.
Biravugwa ko imirwano yahuje FARDC na M23 kuri iki Cyumweru yabereye ku mirongo itatu y’imbere ikikije Kanyabayonga muri Teritwari za Rutshuru na Lubero mu marembo y’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bw’igihugu.
Unyuze mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kanyabayonga kugera Kilambo kumuhanda wa Kanyabayonga-Nyanzale-Mweso kuri poste ya ICCN kumuhanda nimero 2 Goma-Butembo no kuruhande rwa Burangiza.
Hano ngo humvikanye urusaku rwinshi rw’intwaro ziremereye n’izoroheje.
Ku ruhande rwayo, AFC-M23 ibinyujije kuri X yavuze imenyesha abaturage ko MONUSCO yitabira ibikorwa byo kugaba ibitero ku baturage bayo n’abanyamuryango, ivuga ko biteguye gufata ingamba zikaze niba ibyo bitero bikomeje.


