Umuherwe Murdoch uzwi mu gushora imari mu Itangazamakuru yashyingiranywe n’umugore wa Gatanu

Sangiza iyi nkuru

Umuherwe washoye mu itangazamakuru Rupert Murdoch yarongoye umugore wa gatanu mu birori byabereye mu rugo rwe rukikijwe n’imirima ye y’imizabibu i California muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Umuherwe Murdoch ufite imyaka 93, ku wa gatandatu yashyingiranywe n’umugore we mushya Elena Zhukova w’imyaka 67, Umurusiyakazi w’ inzobere mu binyabuzima ubu uri mu kiruhuko cy’izabukuru.

Muri Mata 2023 nibwo byavuzwe ko uwo mukambwe akundana na Elena nyuma gato y’uko atandukanye n’uwahoze ari umupolisikazi Ann Lesley Smith bari bagiye gushakana

Murdoch uvuka muri Australia, ufite abana batandatu, ni umuyobozi w’icyubahiro wa kompanyi ya News Corporation ifite ibinyamakuru nka Fox News, Wall Street Journal, the Sun na the Times.

Umwaka ushize, yeguye ku mwanya w’umukuru wa Fox na News Corporation asiga umuhungu we Lachlan ku butegetsi bw’izo kompanyi.

Murdoch na Elena bivugwa ko bahuriye mu birori byateguwe n’uwahoze ari umugore we, umushoramari w’Umushinwakazi Wendi Deng.

Abandi bahoze ari abagore be harimo umunya-Australia Patricia Booker wari umukozi wita ku bagenzi mu ndege, umunyamakuru Anna Mann wo muri Ecosse, na Jerry Hall Umunyamerika umurika imideri akaba n’umukinnyi wa filimi.

Rupert Murdoch yatangiye gukorera muri Australia mu myaka ya 1950 nyuma aza kugura ibinyamakuru News of the World na the Sun byo mu Bwongereza mu 1969.

Nyuma yaguze ibindi binyamakuru byo muri Amerika birimo the New York Post na Wall Street Journal.

Mu 1996, yatangije Fox News ubu niyo TV irebwa kurusha izindi muri Amerika.

Biciye muri kompanyi ya New Corp yashinze mu 2013, Murdoch ni nyiri ibinyamakuru bibarirwa mu amagana byo mu Bihugu bitandukanye, birimo ibyo ku rwego rw’ibihugu, n’ibinyamakuru mpuzamahanga.

Urugendo rwe ntirwabuzemo za sakwe sakwe. Kimwe mu bihe bikomeye yaciyemo ni saga yo kumviriza telephone z’abantu mu Bwongereza aho basanze ikinyamakuru News of the World cyumviriza telephone z’abantu.

Muri Nzeri Umwaka ushize, Murdoch yatangaje ko asezeye ku buyobozi bw’ibinyamakuru bye aha ubutegetsi umuhungu we Lachlan we afata umwanya w’umuyobozi w’icyubahiro wa Fox na News Corp.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *