U Burusiya bugiye gukura Abatalibani ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, Umuyobozi wa Dipolomasi y’u Burusiya, Sergei Lavrov, yatangaje ko Moscou izakura abatalibani ku “rutonde rw’imitwe y’iterabwoba”, nyuma y’imyaka irenga itatu n’igice basubiye ku butegetsi muri Afghanistan.

Nk’uko Ibiro Ntaramakuru Ria Novosti byabitangaje, uyu minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya yagize ati: “Kazakhstan iherutse gufata icyemezo, natwe tugiye gufata, kigamije kuvana [abatalibani] ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba.”

Mu ruzinduko rwa Perezida Vladimir Putin i Tashkent muri Uzubekistan, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya yakomeje agira ati: “Bafite imbaraga nyazo”,

Abatalibani bari ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba mu Burusiya kuva mu 2003, nubwo bitabuzaga Moscou kugirana umubano mu myaka myinshi ishize, cyane cyane yakira intumwa zabo ku butaka bw’u Burusiya inshuro nyinshi. Moscou igaragarank’ishaka kwiyunga na bo kuva bagaruka ku butegetsi muri Kanama 2021, kubera isezerano ryabo ryo kutazemera ko hagira abandi bahezanguni barenze Abatalibani bahashinga imizi,

Umuyobozi w’inzego zishinzwe umutekano mu Burusiya (FSB) Alexander Bortnikov aherutse gutangaza ko “Abatalibani bashobora gutunganya igihugu cyabo ubwabo, abandi bantu bo hanze batababujije”.

Abategetsi b’Abarusiya bahangayikishijwe cyane cyane n’umutekano w’izahoze ari repubulika zigize Repubulika Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti muri Aziya yo hagati ihana imbibi na Afghanistan, ndetse no kubona havuka imitwe mishya y’abajihadiste igendera Batalibani cyangwa ishyigikiwe na bo.

Kremlin irashaka kandi kwirinda urujya n’uruza rw’impunzi mu karere kimwe n’iterambere rishya mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge bya Opium na mugo. U Burusiya kandi bwatumiye abahagarariye abatalibani ngo bazitabire ihuriro ry’ubukungu i Saint-Peterburg (mu majyaruguru y’iburengerazuba), inama nkuru y’ubucuruzi ngarukamwaka izaba mu ntangiriro za Kamena.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *