RDC: Ubushinjacyaha buri guhata ibibazo abagera kuri 40 bashatse guhirika ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Hashize icyumweru, Ubushinjacyaha Bukuru bwa FARDC buhata ibibazo abantu bagera kuri mirongo ine bivugwa ko bagize uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi i Kinshasa. Iri bazwa rirabera muri gereza ya gisirikare ya Ndolo, komini ya Barumbu (Kinshasa).

Ubu bushinjacyaha bwa gisirikare kandi buri guhata ibibazo abasirikare bo mu ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bagize uruhare mu kwica bamwe mu bashatse guhirika ubutegetsi, batawe muri yombi nyuma yo kunanirwa kugera ku mugambi wabo.

Nk’uko amakuru aturuka mu butabera abitangaza, ngo ibazwa rishobora kurangira muri iki cyumweru mbere yo kohereza amadosiye y’abo bantu mu rukiko rwa gisirikare nkuko tubikesha Radio Okapi.

Impuguke mu bya gisirikare akaba n’umusesenguzi ku bibazo by’umutekano, Jean-Jacques Wondo afungiwe muri gereza ya Ndolo nyuma yo gushinjwa kuba yarafatanyije n’umuyobozi w’agatsiko kagerageje guhirika ubutegetsi, Christian Malanga, umwe mu bishwe nyuma yo gufatwa.

Uyu n’agatsiko ke bagabye igitero ku rugo rwa Vital Kamerhe, ubu ukuriye inteko ishinga amategeko ku itariki ya 19 Gicurasi, mbere yo kwinjira mu ngoro y’umukuru w’igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *