Ku wa kabiri, ingabo za Rapid Support Forces (RSF) ngo zishe abantu icyenda bishingiye ku bwoko bwabo ubwo bahungaga amakimbirane akomeje kubera El Fasher, umurwa mukuru wa Darfur y’Amajyaruguru, berekeza mu mujyi wa Mellit.
Kuva ku wa 10 Gicurasi, umurwa mukuru w’amateka washenywe n’intambara zikaze hagati y’ingabo za Sudani (SAF) n’umutwe witwaje intwaro wa RSF, bituma hapfa abasivili benshi ndetse n’ibikorwa remezo birangirika.
N’ubwo amahanga ndetse n’akarere bisaba kwifata, RSF ikomeje igitero cyo gufata umujyi, usanzwe uremerewe n’abahunze. Bararegwa kandi kuba bararashe nkana ahantu hatuwe n’imbunda nini, bahatira abaturage guhunga.
Mohamed Jedo, ufitanye isano n’abo bantu bishwe, yabwiye Sudani Tribune ko “ingabo za RSF mu majyaruguru ya El Fasher zahagaritse imodoka yari itwaye abasivili bahungiraga i Mellit. Bategetse abasore icyenda gusohoka mu modoka barabarasa imbere y’imiryango yabo. ”
Yizera ko ubwo bwicanyi bushingiye ku moko, kubera ko abarwanyi ba RSF bashinjaga abahohotewe gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irwanya RSF mu nkengero za El Fasher.


