gptob0rwsaazefk.jpg

Kagame yagaragaje ko gukorana kwa Koreya na Afurika atari impuhwe ari inyungu ku mpande zombi

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yizeye cyane kugirana umubano mwiza na Koreya y’Epfo, ashimangira ko inkunga ituruka mu bukungu bwa kane muri Aziya ku mugabane wa Afurika, cyane cyane u Rwanda, ari ishoramari mu nyungu rusange .

Ku wa Kabiri, mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na The Korea Herald i Seoul yagize ati: “Koreya mu by’ukuri ikwiye kuvuga ko inkunga baha ibihugu byo muri Afurika cyangwa u Rwanda by’umwihariko ari ishoramari.”

“Ni ugushora amafaranga yawe, igihe cyawe, n’umutungo wawe utandukanye kugira ngo igihugu gitere imbere ariko iryo terambere rifite inyungu nyinshi zigomba kugaruka muri Koreya.”

Kagame yari i Seoul aho yitabiriye Inama ya mbere ya Koreya na Afurika asanga ari ingenzi mu guhuza Koreya y’Epfo n’umugabane. Mu ruzinduko rwe i Seoul, Umuyobozi w’u Rwanda yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro muri politiki rusange n’imicungire na Kaminuza ya Yonsei mu rwego rwo gushimira ubuyobozi bwe.

gptob0rwsaazefk.jpg

The Korea Herald yanditse ngo “uwahoze ari umuyobozi w’ingabo yabaye perezida mu 2000 igihe igihugu cyari cyarasenyutse kubera jenoside. Mu myaka irenga makumyabiri, yibanze ku kubaka ubumwe bw’igihugu n’ubukungu bw’igihugu. Aziyamamariza muri Nyakanga manda ya kane y’imyaka irindwi.”

Perezida yabwiye iki kinyamakuru ko ejo hazaza ha Afurika ari heza. Nubwo bimeze bityo, umugabane ukeneye iterambere ry’umuntu kugirango ibihugu bya Afurika byihaze bihagije kugirango byongere ubushobozi bwabyo kandi bitere imbere.

Ni muri urwo rwego, u Rwanda ruteganya kuzamura ubucuruzi, guhererekanya ikoranabuhanga no guhanahana umuco, biganisha ku mibanire myiza na Koreya y’Epfo.

Ati: “Nashimangiye akamaro k’inyungu rusange mu bufatanye, ngaragaza iterambere ry’u Rwanda ndetse n’ahantu abashoramari bo muri Koreya bashora imari mu nzego zitandukanye nka ICT, inganda n’ingufu zishobora kuvugururwa”.

Yavuze ko u Rwanda ndetse n’ibindi bihugu byo ku mugabane wa Afurika bigomba gushobora gukoresha iyi nkunga no kwiteza imbere mu kubaka inganda, ndetse n’ikoranabuhanga rifite akamaro mu iterambere.

gpteahgw4aaa-si.jpg

Yavuze ko Koreya itera inkunga imishinga myinshi mu Rwanda mu rwego rwo gufasha kubaka ibitaro ndetse n’ibindi bikorwa remezo. Icyakora, perezida yagaragaje ko yizeye ko Koreya ishobora gutera inkunga irenze kubaka ibigo, ibitaro, n’amashuri hakongerwamo ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga, byatuma u Rwanda rwongera amafaranga umuturage yinjiza.

Ati: “Ntidukwiye kwitega ko inshuti n’abafatanyabikorwa baza kudukorera byose, ariko hari icyo dukeneye; dukeneye ikiganza cyo kutuzamura “.

Nk’uko Perezida Kagame abitangaza, u Rwanda rutanga umwuka mwiza wo kuhakorera business kandi rworohereza abashoramari, rukaba ruherereye ahantu heza kandi haruhuza n’ibindi bihugu byo muri Afurika byoroshye.

Yagaragaje ko u Rwanda rwabera nk’irembo ry’imari ku bucuruzi bw’Abanyakoreya bashaka kwinjira ku isoko rya Afurika, avuga ko umutekano uhagaze neza muri gihugu, abashoramari bakirwa neza, kandi ruherereye ahantu byoroshye kugera ku rindi soko rya Afurika.

Kagame yagize ati: “U Rwanda rurafunguye ku masosiyete yose yo muri Koreya, rwose.”

gphxplqxwaadqmp.jpg
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we, Yoon Suk Yeol, kuwa 03 Kamena

Kagame yavuze ko u Rwanda rushobora korohereza amasosiyete yo muri Koreya kugera ku masoko yagutse yo muri Afurika no kuzamura isoko binyuze mu buryo bunoze bwo gushyiraho amabwiriza, ibikorwa remezo bikomeye ndetse n’ibyanya by’inganda.

Perezida Kagame wavutse mu 1957, ni Perezida wa kane w’u Rwanda kuva mu 2000. Yayoboye izari Ingabo za RPF Inkotanyi (RPA) mu gukuraho ubutegetsi bw’ivangura no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kagame yabaye Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe aho yayoboye komisiyo ishinzwe amavugurura muri uyu muryango, ndetse yanayoboye umwaka Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Kuri ubu ni chairman w’Umuryango wa Commonwealth. Kuri iki Cyumweru gishize yari asuye Koreya y’Epfo ku nshuro ya kane.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *