Minisitiri w’ingabo wa Israel, Benny Gantz, yeguye muri leta

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’ingabo wa Israel, Benny Gantz, yeguye muri leta iyoboye intambara, ibigaragaza kutavuga rumwe gukomeje kwiyongera kuri gahunda za Minisitiri w’intebe, Benjamin Netanyahu, zijyanye no kurangiza intambara yo muri Gaza.

Kuri iki Cyumweru, itariki 9 Kamena mu kiganiro n’abanyamakuru i Tel Aviv, aho yatangarije kwegura kwe, Gantz yavuze ko icyemezo cye yagifashe n'”umutima uremerewe”.

Yagize ati: “Mu buryo bubabaje, Netanyahu arimo kutubuza kwegera intsinzi nyayo, ari yo gisobanuro [mpamvu] cy’amakuba ababaje akomeje kuba.”

Gantz, ufatwa na bamwe nk’ushobora kuzahatanira ubutegetsi muri Israel, yasabye Netanyahu gushyiraho itariki y’amatora.

Netanyahu yamusubije mu butumwa bwo ku rubuga nkoranyambaga X ati: “Benny, iki si igihe cyo kuva mu gikorwa, iki ni igihe cyo gufatanya.”

Ku mbuga nkoranyambaga, umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Yair Lapid yashyigikiye icyemezo cya Gantz, avuga ko ari “ingenzi kandi kirakwiye” nkuko bitangazwa na BBC .

Ako kanya nyuma yo gutangaza ko yeguye, Minisitiri w’umutekano w’igihugu Itamar Ben-Gvir, w’ibitekerezo by’ubuhezanguni ku gukomera ku bya kera, yahise asaba umwanya mu bagize leta iyoboye intambara.

Gantz yari yashyizeho itariki ntarengwa ya 8 Kamena ngo Netanyahu abe yamaze kugaragaza uko Israel izagera “ku ntego” esheshatu zayo “zo mu gihe kiri imbere”, harimo no gusoza ubutegetsi bwa Hamas muri Gaza, no gushyiraho ubutegetsi bw’abasivile bwa Gaza buhuriweho n’ibihugu byinshi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *