U Budage: Ahenda kubera imikino ya Euro 2024 hatangiye gufatirwa abakekwaho kuba ibyihebe

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, ubushinjacyaha bukuru bwa Leta mu Budage bwatangaje ko ukekwaho kuba ashyigikiye Leta ya Kisilamu (IS) yatawe muri yombi icyumweru kimwe mbere y’uko Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Burayi itangira .

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ubuyobozi bwa Karlsruhe, ukekwaho icyaha yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Cologne / Bonn ku wa Gatanu.

Abashinzwe iperereza bavuga ko uyu mugabo ufite ubwenegihugu bw’u Budage, Maroc na Pologne, yohereje amafaranga muri Nzeri 2023 kuri konti y’ishami ry’umutwe w’iterabwoba wa Leta ya Kisilamu mu Ntara ya Khorasan (Islamic State Khorasan Province).

Nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Abadage (dpa) bibitangaza, ngo uyu mugabo yanasabye akazi ko gucunga umutekano mu birori byiswe ibirori byo hanze y’ibibuga by’umupira wamaguru mu gihe cya UEFA, ariko ntiyagahabwa.

Araregwa iki ?

Ukekwaho icyaha yagejejwe imbere y’umucamanza ushinzwe iperereza, wategetse ko afungwa by’agateganyo.

Arimo gukorwaho iperereza akekwaho kuba mu mutwe w’iterabwoba mu mahanga no kurenga ku itegeko ry’ubucuruzi n’ubwishyu.

Bivugwa ko uyu mugabo yohereje amadorari agera ku 1.700 (€ 1.572) yavunjwe mu ifaranga ry’ikoranabuhanga (cryptocurrency) ku mutwe w’iterabwoba wa Leta ya Kisilamu Intara ya Khorasan (ISPK).

Mu gihe cyo gusaka inzu ye, abashinzwe iperereza bafashe terefone zigendanwa, hard disks, mudasobwa, ndetse n’ibikoresho byo gufata amajwi.

Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Burayi, UEFA, izwi ku izina rya Euro 2024, izabera mu mijyi 10 itandukanye yo mu Budage, izatangira ku itariki 14 Kamena izasoze ku itariki 14 Nyakanga 2024.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *