Video yamamaye ku mbuga nkoranyambaga yerekana umwe mu bayobozi bakuru b’itsinda ry’abantu bitwaje intwaro bo mu mutwe wa UPC, Jenerali Ousmane Abakar, asaba abandi barwanyi kwishyikiriza Abarusiya.
Iyi nkuru yibutsa ko ku wa 25 Gicurasi 2024, habaye intambara hagati y’ingabo za leta zifatanyije n’abacanshuro n’inyeshyamba za UPC ya Ali Darassa mu mujyi wa Mboki, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Centrafrica (CAR). Iyi ntambara yabaye mu rwego rwo kuvana imitwe y’inyeshyamba muri Haut-Mbomou, nyuma yo kuhagera kw’ingabo za Centrafrica (FACA) hamwe n’abatoza b’ingabo z’u Burusiya muri ako karere.
Muri videwo yashyizwe ahagaragara bagize bati: “Muri iki gikorwa cya gisirikare, umwe mu bayobozi, Jenerali Ousmane Abakar, n’abantu be baritanze maze bahamagarira abandi barwanyi kwiyegurira abarimu ba gisirikare b’Abarusiya gusa.” Bivugwa ko Mboki yakiriye imitwe ibiri minini y’abarwanyi iyobowe na Jenerali Ousmanne Tellé na Jenerali Landan Djoulouss bo muri UPC, igizwe n’abarwanyi bagera bagera ku ijana.
Nyuma y’intambara no kwitanga ku bushake kwa benshi muri bo, ubutumwa bwaturutse mu gisirikare bwagaragaje ko niba abarwanyi basigaye batarambitse intwaro hasi bitarenze ku wa 15 Kamena, bose bazakurwaho n’ingabo za guverinoma. Jenerali Ousman Abakar yumvise iyi miburo, yishyira mu maboko ya leta maze ahamagarira abandi barwanyi kwiyegurira abigisha b’Abarusiya gusa.
Muri iyo videwo, avuga ko abarimu b’Abarusiya ari bo bagomba kwishyikirizaa kugira ngo bungukirwe na gahunda yo kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ivuga.
Kuba Minusca imaze imyaka 10 muri CAR kandi itarahinduye uko ibintu byifashe i Mboki, ahari ibirindiro byayo, ngo byemeza ko idakora neza. Abacanshuro b’Abarusiya bakomeje kwita abarimu ba gisirikare bafatanyije na FACA babohoje Mboki na Zemio mu gihe kitarenze icyumweru.
Nk’uko Ousmane Abakar abitangaza, ngo ni ukubera gukunda igihugu cye ndetse no gushaka amahoro byatumye ahitamo gushyira intwaro hasi. Yahamagariye abenegihugu n’abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro bakomeje kurwana gukurikira inzira ye kandi bagashyikiriza intwaro zabo inzobere mu bya gisirikare z’Abarusiya.


