U Rwanda na Tanzania bihataniye intebe ya OMS

Sangiza iyi nkuru

U Rwanda na Tanzania bihataniye kwegukana umwanya w’ubuyobozi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) muri Afurika, nyuma yo gutanga abakandida ku mwanya w’umuyobozi waryo.

Abakandida batanu barimo Umunyarwanda Dr Richard Mihigo ni bo bahataniye gusimbura umunya-Botswana, Dr Matshidiso Moeti uyobora ishami rya OMS rya Afurika kuva muri 2015.

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kanama 2024, Dr Mihigo yakiriwe muri Village Urugwiro na Perezida Paul Kagame; bagirana ibiganiro.

Mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X nyuma yo guhura n’Umukuru w’Igihugu, yavuze yavuze ko yanyuzwe n’icyizere yeretswe na Perezida Kagame ndetse n’uburyo amushyigikiye muri ariya matora.

Yunzemo ati: “Ikindi kandi nanyuzwe n’impanuro n’inama zuje ubuhanga n’ubwenge yampaye. Byari ibihe byiza. Mwakoze cyane Perezida wa Repubulika”.

Umwanya wo guhagararira OMS muri Afurika ni umwe mu myanya nk’iyo itandatu OMS ifite ku Isi, uwutsindiye akaba agira ibiro muri Congo-Brazaville.

Dr. Mihigo uri mu bahabwa amahirwe yo kuwegukana awuhataniye n’abarimo Dr. Faustine Engelbert Ndugulile wigeze kuba Minisitiri Wungirije w’Ubuzima muri Tanzania.

Mu gihe umwe muri bo yaba awegukanye, yaba abaye umuntu wa mbere wo muri Afurika y’Iburasirazuba uyoboye Ishami rya OMS muri Afurika.

Abandi bakandida batatu bahataniye uriya mwanya barimo Dr N’da Konan Michel Yao watanzwe na Côte d’Ivoire, Dr Boureima Hama Sambo watanzwe na Niger na Dr Ibrahima Socé Fall watanzwe na Sénégal.

Komite ya OMS Ishami rya Afurika ni yo izatora umuyobozi waryo mushya, bikazakorerwa mu nama y’iminsi ine izageza ku wa 30 Kanama 2024, izahuriza abagize komite ya OMS muri Afurika i Brazzaville.

Abatowe bazashyikirizwa Inama y’Ubutegetsi ya OMS mu nama ya 156 izaba muri Mutarama 2025, ikabera Genève mu Busuwisi.

Nyuma uwemejwe burundu azajya mu mirimo ku wa 01 Gashyantare 2025, ayobore imyaka itanu iri imbere ariko anafite uburenganzira bwo kongera gutangwamo umukandida.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *