Iki ni ikibazo benshi bagiye bagarukaho mu bagiye batwandikira kuri Bwiza.com, bibaza niba mu gihe umugore amaze igihe kirekire adakora imibonano mpuzabitsina, ububobere yagiraga mu gitsina bwiyongera cyangwa se bugabanuka?
Dore uko abantu batandukanye bagiye bagira icyo babivugaho:
1.Umugore [amazina ye yahishwe], njye we narimfite umugabo, hashize imyaka 9 dutandukanye, twatandukanye tumaze kubyarana umwana 1, murumva muri iyo myaka 9 yose nta mugabo nigeze ndyamana na we, ubu nabonye umugabo tubyumva kimwe ariko ububobere narimfite mbere bwarayoyotse, mbere umubiri usa nk’uwasinziriye.
Ubundi mbere no kunyara mu gihe cy’imibonano naranyaraga ariko ubu ububobere ni buke cyane, kandi imyaka 34 mfite ntabwo ari myinshi ku buryo navuga ko nshaje, icyo navuga ni uko iyo umaze ukwezi kumwe, abiri se cga 6, udakora imibonano utegereje wenda ko umugabo wawe azaza, asanga rwose ububobere cyangwa se amazi yariretse ariko iyo umaze imyaka myinshi umubiri urasinzira. Murakoze!
2.Uyu na we ni umugore, uko abyumva “ubundi uko umubiri uwumenyereje niko ukora, urumva niba umugabo yarakumenyereje kugutera akabariro inshuro 3 mu cyumweru wenda ku wa1, ku wa 3 no ku wa 6, ubwo nyine umubiri niko ubyakira kandi ugahora witeguye, iyo muhindagura byinshi bihora bihindagurika.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Murumva rero niba umugore yari asanzwe aba muri ubwo buzima, nyuma akamara imyaka 5 atazi nta mugabo abona, umubiri ugeraho ya myanya yakoraga ayo mazi cyangwa ububobere isa nkisinzira kuko ntabwo yakora kandi icyo byagenewe kidakorwa, gusa biraryana pe, nta mugore wamenyerewe kurongorwa buri joro nakwifuriza kumara imyaka n’imyaka aryama akipfumbata.
3.Uyu murundikazi na we agira ati “biterwa n’igihe, Wosanga ari myaka, Kuko uko umwaka igenda Niko ubushake bugabanuka, iyo igihe kibaye kirekire Nukumenyereza bushasha, Amaze igihe kinini ni bamwe usanga baravyimbye amaguru, Bavugako amanuka mumaguru [aha yavugaga amavangingo ko iyo amaze igihe atabona umugabo ayo mavangingo atuma amaguru abyimba], Nanje navyumvise uko sinzi ko aribyo”.
4.Uyu mugore na we w’umurundi, mu magambo make yagize ati “Sha buriyongera, Kuko aba yaribitse ahanu, ariko biterwa nigihe amaze ntawumwenda”.
5.Uyu mugabo na we ati “iyo maze igihe ntabonana n’umugore nsanga ububobere bwariyongereye, ariko sinzi iyo byageze mu myaka myinshi uko bigenda kuko iyo ntinze wenda hashira nk’ukwezi, ndakeka amaze imyaka myinshi ahubwo bushira aho kugabanuka, murakoze!
Nawe niba hari icyo wumva waba uzi kuri iyi ngingo, watanga igitekereza cyawe kuri iyo nkuru, ni ukujya ahagenewe [hasi] ibitekerezo, ugashyiraho Email yawe ukohereza,
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@Bwiza.com


