Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora (NEC) ivuga ko indorerezi z’amatora zirenga 260 zemerewe gukurikirana amatora y’umukuru w’igihugu ndetse n’abadepite yo muri Nyakanga 2024.
Charles Munyaneza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa yavuze ko guhera ku wa 20 Kamena, NEC imaze kwemerera indorerezi z’amatora 267, kandi harimo 61 bakomoka mu bigo mpuzamahanga. Yongeyeho ko abandi bagisaba.
Amakuru Ikinyamakuru New Times cyahawe na NEC yerekana ko indorerezi mpuzamahanga zirimo batandatu bo muri Ambasade y’u Buyapani, batatu muri Ambasade ya Zimbabwe, bane bo muri Ambasade y’u Buholandi, umwe muri Komisiyo Nkuru ya Australia, umunani bo muri African Electoral Alliance-Uganda, na batandatu bo muri komisiyo y’Amatora ya Angola (CNE).
Harimo kandi indorerezi 25 zo muri ONG Nouvelle Perspective-Cameroon, umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta ushinzwe guteza imbere amahoro n’ubutabera mu Isi; umwe wo mu kigo mpuzamahanga gishinzwe demokarasi no gufasha amatora (IDEA International) akaba ari umuryango umuryango mpuzaguverinoma ushyigikira demokarasi ku Isi hose; na babiri bo mu muryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL).
Ingengabihe y’amatora yashyizwe ahagaragara na NEC yerekana ko ku matora ya perezida n’abagize inteko ishinga amategeko, gutumira no kwemerera indorerezi z’amatora byari biteganijwe kuva ku itariki ya 15 Werurwe kugeza 14 Nyakanga.


