Urubanza mu mizi rwerekeye ” gushaka guhirika ubutegetsi ” ku wa 19 Gicurasi i Kinshasa rwatangiye kuri uyu wa Mbere, itariki 1 Nyakanga imbere y’urukiko rwa gisirikare muri Gereza ya Ndolo, Komini ya Barumbu, i Kinshasa.
Mu bantu 51 baregwa, Yusufu Ezangi ukurikiranweho kugira uruhare muri iki gikorwa, ni we wa mbere watanze ubuhamya bwe muri uru rubanza.
Yusufu asubiza ibibazo by’abacamanza, yavuze ibyo azi ku byabaye ku itarikiya 19 Gicurasi, kuva bitangira kugeza ku ngoro y’umukuru w’igihugu. ” Nigute wahuye na Christian Malanga? Nihe kandi ku yihe mpamvu? ” Urukiko rwabajije.
Ushinjwa yasobanuye ko kuva mu 2017 ari bwo yamumenyeye i Londres, binyuze mu nama yakoreshaga.
Nyuma bazengurukanye ahantu hose, kuva Swaziland kugera muri DRC mu rwego rw’umuryango utegamiye kuri leta atazi izina. Hanyuma, yavuze ko yaje kwisanga ahatirwa kwinjira mu mutwe witwa ” New Zaire ”, ngo atazi impamvu.
Kuva i Mangayi bamenyekanisha uyu muryango utegamiye kuri Leta banyuze i Lufu, Kasangulu, bageze kuri Auberge Momo 19 i Ngaliema. Aho, Abubakar, undi muntu wishwe mu bagize ako gatsiko, yazanye imyenda ya gisirikare yakorewe muri Angola.
Nk’uko umuyobozi w’agatsiko yabivugaga, ngo inshingano zabo zari ugufata Vital Kamerhe wahoze ari Minisitiri w’ubukungu, no kumuzana muri Palais de la Nation(ingoro y’umukuru w’igihugu) kugira ngo bamuvugishe. « Avuge ibiki? » Urukiko rubaza uregwa? wavuze ko Christian Malanga gusa ari we wari ubizi.
Mbere yo kugera kwa Kamerhe, abantu bagera kuri mirongo itandatu bitwaje imbunda nib o binjiye muri bus ndetse n’umuyobozi wabo muri jeep ye. Babanje guca kwa Jean-Pierre Bemba, basanga adahari.
Hanyuma, bagiye kwa Kamerhe aho nk’uko abivuga, nta muntu wahiciwe. Kandi umuntu washakishwaga ngo yari yihishe mu mwijima nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga.
Amaherezo, agatsiko kaje kwigarurira Palais de la Nation. Hano, nk’uko uregwa Yusuf abivuga, “jeep ya Malanga yinjiye isenya bariyeri zose kandi yinjira mu ngoro y’umukuru w’igihugu nta kurwanywa.”
Uregwa yavuze ko umuyobozi wabo yagize ati: “Ingeta, bibe bityo, dufashe ubutegetsi.”
Nk’uko abunganira uregwa babigaragaza, umukiriya wabo nta ruhare runini yagize muri iki gikorwa. Nta muntu yishe kuko atazi gukoresha imbunda.
Ku ruhande rwabwo, ubushinjacyaha bwo bwemeza ko Yusufu ari umuhuzabikorwa w’umutwe kandi yawushakiraga abayoboke. Ngo yagize uruhare mu iyicwa ry’abapolisi babiri aho Kamerhe atuye kandi yari yitwaje imbunda. Bwatanze ibimenyetso.
Iburanisha ritaha riteganijwe ku wa Gatanu, itariki 5 Nyakanga.


