Ihuriro Lamuka rirasaba Leta ya Kinshasa gucana umubano na Uganda

Sangiza iyi nkuru

Raporo iheruka y’Umuryango w’Abibumbye kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yateje intugunda nyinshi mu banyapolitiki. Iyi raporo yerekana uruhare rwa Uganda mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC. Mu gusubiza, ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi rya Lamuka rirasaba ko hafatwa ingamba zikomeye zo kurwanya Uganda.

Impuguke za Loni zagaragaje ko abayobozi ba M23 bagiye i Kampala, aho bashoboye kugirana inama n’abandi bayobozi b’imitwe yitwaje intwaro. Raporo yemeza ko Uganda yagize uruhare muri ayo makimbirane ifasha M23, ikirego cyari kitarashyirwa ku mugaragaro Uganda yahise itera utwatsi.

Nyuma y’iyi raporo, Lamuka, ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, rirasaba guhagarika umubano w’ububanyi n’amahanga na Uganda. Prince Epenge, umuvugizi w’iri shyirahamwe, yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi na guverinoma ye birengagije nkana uruhare rwa Uganda.

Lamuka irasaba kandi gusesa amasezerano yose ya gisirikare n’ibikorwa remezo na Uganda nk’uko iyi nkuru dukesha mediacongo.net ikomeza ivuga.

Kinshasa yakunze gutunga urutoki u Rwanda irushinja gufasha M23, icyakora, uruhare rwa Uganda muri aya makimbirane, nubwo rukekwa na bamwe mu banyapolitiki bo muri Congo, ntabwo rwavuzwe ku mugaragaro mbere y’iyi raporo. Byongeye kandi, ingabo za Congo na Uganda zirimo gukorana ibikorwa bihuriweho byo kurwanya inyeshyamba z’umutwe wa ADF muri teritwari za Beni na Irumu, ibyongera imibanire idasobanutse y’ibihugu byombi.

Kunenga agahenge

Lamuka kandi inenga agahenge k’ibyumweru bibiri, kasabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ihuriro rivuga ko igisubizo cyonyine gishoboka ari ugukura burundu Ingabo z’u Rwanda na Uganda ku butaka bwa Congo. Prince Epenge yemeje ko Amerika ifite uburyo bukenewe bwo guhatira ibi bihugu gukurayo ingabo zabyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *